AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Ishyaka rya Green Party ryasabye Imbabazi Abanyarwanda kubera Ibyo ryatangaje ku Rwanda

Ishyaka rya Green Party  ryasabye Imbabazi Abanyarwanda kubera  Ibyo ryatangaje  ku Rwanda
30-09-2022 saa 07:11' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 1306 | Ibitekerezo

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) riyoborwa na Hon Frank Habineza, ryari riherutse gusaba Leta y’u Rwanda kugirana ibiganiro n’Imitwe yose iyirwanya, ryagaragaje abadakwiye kuganira n’u Rwanda, riboneraho gusaba imbabazi.

Mu kiganiro Dr Frank Habineza uyobora iri shyaka yagiranye n’abanyamakuru tariki 05 Kanama 2022, yasabye Leta y’u Rwanda kugirana ibiganiro n’abatavuga rumwe na yo yaba abitwaje intwaro n’abatazitwaje.

Ni ingingo itaravuzweho rumwe kuko, kuvuga gutya byumvikanagamo ko u Rwanda rukwiye kwicara ku meza amwe n’imitwe yose irimo na FDLR yshinzwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse bagakomeza guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Leta y’u Rwanda yavuze kenshi ko idashobora kuganira n’uyu mutwe wanamaze kujya ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba kubera amahano yakozwe n’abawushinze bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Ishyaka DGPR ryasohoye itangazo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, ritangamo umucyo kuri ibi byatangajwe n’umuyobozi waryo utarigeze yerura ngo agaragaze imitwe yifuza ko yaganira n’u Rwanda ari na byo byatumye abantu bumva ko na FDLR ndetse n’indi mitwe y’iterabwoba iri muri yagira ibiganiro n’u Rwanda.

Iri tangazo rigira riti “Ntabwo Ishyaka DGPR ryari rigamije inabi ku Banyarwanda, ahubwo twari ku ihame dusangiye ryo gushimangira amahoro n’umutekano birambye biciye mu nzira y’ibiganiro.”

Iri shyaka rivuga ko ubutumwa bwaryo bwari bugamije gushimangira umurongo w’Igihugu w’ibiganiro ku Banyarwanda hagamijwe amahoro, ubumwe n’ubwiyunge nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda.

Rigakomeza rivuga ko ibiganiro byavuzwe, bitareba “abakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, abari mu mitwe y’iterabwoba, imitwe yitwaje intwaro, abashakishwa n’inkiko, abahamijwe ibyaha n’inkiko ndetse n’abahakana n’abapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, kubera ko hari amategeko n’inzego bibareba.”

Risoza rigira riti “Dusabye imbabazi Abanyarwanda bose bakomerekejwe n’iyo ngingo twavuze haruguru, kubera ko ntabwo ari byo twifuza.”

Iri shyaka risanzwe rinagaragaza ibikwiye guhinduka mu Rwanda, rivuga ko muri manisto itaha, bazakosora iyi ngingo basabiye imbabazi Abanyarwanda.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA