AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

AMAFOTO : Ubwiza bw’Abanyarwandakazi, ibyishimo bidasanzwe,…-Ibyaranze igitaramo cy’amateka cya Bruce Melodie

AMAFOTO : Ubwiza bw’Abanyarwandakazi, ibyishimo bidasanzwe,…-Ibyaranze igitaramo cy’amateka cya Bruce Melodie
7-11-2021 saa 09:26' | By Editor | Yasomwe n'abantu 3027 | Ibitekerezo

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Ugushyingo 2021, i Kigali muri Kigali Arena habaye igitaramo cy’amateka cy’umuhanzi Bruce Melodie wizihizaga imyaka 10 amaze muri muzika. Ni igitaramo cyaranzwe na byinshi byose byaryohereje abakitabiriye.

Bruce Melodie wagiye ku rubyiniro ahagana saa 20:40’ yari yambaye imyambaro idasanzwe y’amabara y’umweru n’umukara mu gihe abamubyiniye binjiye ku rubyiniro bambaye imyenda yagaragaye muri film igezweho ya Squid Game.

Muri Kigali Arena ho, abantu mu ngeri zinyuranye biganjemo urubyiruko bari bakubise buzuye, bakibona uyu muhanzi atambuka yinjira ku rubyiniro, bakubitira rimwe akamo.

Bruce Melodie yibukije abakunzi be indirimbo zo mu bihe bya mbere agitangira umuziki aho yaririmbye yitwa Tubivemo iri mu zo yatangiriyehom ndetse na Ndakwanga na Uzandabure zose ziri mu zatume atangira guhangwa amazo n’abakunda umuziki ubwo yari akiwutangira.

Yanyujijemo ashimira abagiye bamushyigikira barimo n’abafana be bakomeje kumuba inyuma nubu bakaba babimugaragarije bitabira igitaramo cye.

Ni igitaramo cyaririmbyemo n’abahanzi benshi barimo n’abamusanga ku rubyiniro bagagaraza ko bamushyigikiye.

Iki gitaramo cyongeye kugaragaza ko abanyakigali bakunda ibirori kubera ubwitabire bwabo bwari bwinshi ndetse bigaragara ko bose bifuza kwishima.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA