AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Mico The Best aragirana ikiganiro n’Umuyobozi ushinzwe kurwanya Igituntu muri OMS

Mico The Best aragirana  ikiganiro n’Umuyobozi ushinzwe kurwanya Igituntu muri OMS
11-06-2020 saa 10:41' | By UKWEZI | Yasomwe n'abantu 586 | Ibitekerezo

Umuhanzi, Mico The Best uherutse kwinjira mu bukangurambaga bwo kurwanya indwara y’Igituntu mu Rwanda agiye kugirana ibiganiro n’Umuyobozi ushinzwe kuyirwanya mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr Lucica Ditiu.

Ibi biganiro birahuza Mico The Best na Dr Lucica biteganyijwe kuba kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020, hifashishijwe urubuga rwa Facebook.

Uhujimfura Claude, umwe mu bayobozi ba KIKAC Music ihagarariye inyungu za Mico The Best yavuze ko ari ibiganiro bigamije kurebera hamwe uko Igituntu cyifashe muri ibi bihe bya COVID-19.

Impuguke mu buvuzi zivuga ko igituntu burya akenshi gihuza ibimenyetso na Coronavirus ku kigera cya 90%.

Uyu muhanzi Mico The Best uri mu bahagaze neza mu njyana ya Afrobeat hano mu Rwanda niwe wagizwe ambasaderi wo kurwanya igituntu mu gihugu hose.

Ibi biganiro Mico The Best araza kugirana a n’Umuyobozi ushinzwe kuyirwanya mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr Lucica Ditiu, bitegerejwe kuri wa 11 Kamena 2020 saa kumi z’umugoroba mu Rwanda no mu Busuwisi aho biranyuzwa ku rukuta rwa Facebook rwa “Stop TB”.

Ibi biganiro bije nyuma yuko Mico The Best asubitse ibikorwa yari yateganyije byo kurwanya Igituntu binyuze mu bitaramo yagombaga gukora bizenguruka igihugu.

Mico The Best yahagaritse ibi bitaramo nyuma yuko icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kugera mu Rwanda ndetse hatangiye no gukazwa ingamba zo kucyirinda.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA