Umutwe wa M23 watangaje ko wahanuye indege y’igisirikare cya Congo (FARDC), nyuma yo kugabwaho ibitero n’izo ngabo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu.
Itangazo M23 yasohoye rivuga ko indege yahanuwe ahagana saa cyenda n’igice z’igicamunsi, ubwo bagabwagaho igitero mu birindiro biri ahitwa Kabindi na Tshengereo.
Ni nyuma y’uko M23 itangaje ko yigaruriye utwo duce mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu mu mirwano yabahuje n’ingabo za Congo mu Burasirazuba bw’igihugu muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umutwe wa M23 umaze iminsi ugenzura agace ka Bunagana kari hafi y’umupaka wa Congo na Uganda. Uyu mutwe watangiye kubura ibitero nyuma yo gushing Leta ya Congo kudashyira mu bikorwa amasezerano basinye mu 2013.