AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Perezida Nkurunziza yahaye imbabazi zidasanzwe imfungwa zitwite, izonsa n’ izimugaye

Perezida Nkurunziza yahaye imbabazi zidasanzwe imfungwa zitwite, izonsa n’ izimugaye
4-01-2019 saa 12:08' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 2559 | Ibitekerezo

Umuryango Ntabariza SPF, yanyuzwe n’ imbabazi Perezida w’ u Burundi Perre Nkurunziza yahaye zimwe mu mfungwa zifite umwihariko.

Mu kiganiro n’ abanyamakuru kuri uyu wa 3 Mutarama , Jean-Marie Nshimirimana uyobora uyu muryango yagize ati “Turashima byimazeyo icyemezo umukuru w’ igihugu yafashe”

Nshimirimana yasabye Minisitiri w’ Ubutabera mu Burundi nawe gutera intambwe agashyira mu bikorwa icyemezo cyo kurekura abagore batwite inda ku mezi atatu kuzamura n’ abonsa nk’ uko Perezida Nkurunziza yabisabye mu ijambo risoza umwaka wa 2018.

Uyu muyobozi yavuze ko bafite amakuru ko hari abagororwa bajya bagumishwa muri gereza kandi barahawe imbabazi.

Ntabariza SPF yasabye abagororwa bahawe imbabazi kuzitwara neza ubwo bazaba bamaze kurekurwa.

Nk’ uko Perezida Nkurunziza yabivuze mu ijambo risoza umwaka wa 2018, abemerewe imbabazi ni abakatiwe igihano kitarenze imyaka 5 bakaba bamaze kimwe cya kabiri cy’ igihano bafunze, abagore batwite, abonsa n’ abafite ubumuga.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA