AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ibintu Perezida Donald Trump agiye gukora nyuma yo kwanga ibyavuye mu matora

Ibintu Perezida Donald Trump agiye gukora nyuma yo kwanga ibyavuye mu matora
9-11-2020 saa 17:59' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 2445 | Ibitekerezo

Perezida Donald Trump azakora ibikorwa byo kwiyamamaza ahatandukanye mu gihugu ashaka abamushyigikira ku birego bye byamagana ibyavuye mu matora nk’uko ushinzwe ibikorwa bye yabitangarije ibiro ntaramakuru Reuters.

Bwana Trump nta jambo arageza ku bantu mu ruhame kuva kuwa gatandatu byatangazwa ko yatsinzwe, ariko yakoresheje cyane Twitter mu kuvuga ko amatora yaranzwe n’uburiganya.

Abashinzwe kumwamamaza nabo batangaje ko adafite gahunda yo kwemera ko yatsinzwe. Trump ashimangira ko azaburana ku byavuye mu matora ahantu hatandukanye.

Kongera kubara amajwi bizakorwa muri leta ya Georgia, aho abakandinda bombi bari begeranye cyane, Trump arashaka ko ibi binakorwa no muri Wisconsin.

Nubwo atarerekana ibimenyetso, aravuga ko azajyana ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga kuko yemeza ko amatora yaranzwe n’uburiganya.

Mu yandi makuru, uwahoze ari Perezida wa Amerika w’Umurepubulikani George W Bush yashimiye Bwana Biden ku ntsinzi ye, avuga ko Abanyamerika bakwiye kugira ishema kuko ayo matora yagenze neza kandi ibyayavuyemo birimo umucyo. Yanashimiye Bwana Trump ku muhate ukomeye mu kwiyamamaza.

Gusa kugeza ubu abandi Barepubulikani bakuru banze kwemera ibyavuye mu matora. Barimo na Kevin McCarthy ubahagarariye mu nteko ishingamategeko uvuga ko Abanyamerika bazamenya uwatsinze ari uko kongera kubara amajwi n’ibirego byo mu nkiko byose birangiye.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA