Icyorezo cya coronavirus ni ikintu cy’ibanze perezida watowe muri Amerika Joe Biden azaheraho natangira imirimo ye nk’uko ikipe imukorera ibivuga. Gusa mu bindi bikomeye ateganya, harimo ibivuguruza politiki yazanywe na Donald Trump.
Ubwo bavugaga imigambi ye y’ibanze, abagize itsinda rya Joe Biden bavuze ko hazongerwa ibipimo bya Covid-19 ndetse Abanyamerika bose bazasabwa kwambara udupfukamunwa.
Joe Biden yatangiye kuvuga imigambi ye mu gihe yaba ageze mu kazi mu kwezi kwa mbere, nyuma y’uko ibitangazamakuru byemeje ko ari we watsinze amatora.
Muri bimwe mu byo ateganya gukora harimo kuvanaho politiki zimwe za Trump, muri ibyo ibinyamakuru muri Amerika bivuga ko :
Kuwa gatandatu, mu ijambo rye rya mbere nka perezida watowe, Bwana Biden yavuze ko iki ari "igihe cyo gukira" kuri Amerika, ndetse yizeza "kunga ubumwe aho gucamo ibice" igihugu.
Yabwiye abashyigikiye Trump by’umwihariko ati : "Tugomba guhagarika gufata abo tutavuga rumwe nk’abanzi."