AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Umubyeyi wa Perezida Nkurunziza ntabwo yapfuye

Umubyeyi wa Perezida Nkurunziza ntabwo yapfuye
11-06-2020 saa 14:29' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 1786 | Ibitekerezo

Umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi avuga ko amakuru yakwijwe ku wa gatatu nimugoroba ko umubyeyi (nyina) wa Perezida Pierre Nkurunziza na we yapfuye atari ukuri.

Prosper Ntahorwamiye yabwiye BBC ati : "Ararwaye ariko ntabwo yapfuye". Iby’indwara y’uwo mukecuru avuga ko ari ubuzima bwite bw’umuntu.

Haravugwa amakuru menshi ku rupfu rwa Perezida Nkurunziza, bamwe babihuza n’icyorezo cya coronavirus, itangazo rivuga urupfu rwe rivuga ko yishwe n’indwara y’umutima.

Nta rwego rw’ubuvuzi cyangwa abaganga baremeza ibitandukanye n’ibi.

Gusimburana k’ubutegetsi nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Perezida Nkurunziza kwateye kwibaza igikurikiraho kuko hari umukuru w’igihugu watowe ndetse n’icyo itegeko nshinga riteganya.

Hari amakuru avuga ko ubwo hari umukuru w’igihugu watowe ari we ushobora guhita arahizwa kuko yamaze kwemezwa bya burundu, bityo ntihabanze kujyaho umukuru w’igihugu w’inzibacyuho nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga.

Ntahorwamiye yagize ati : "Inzego zirabanza kubaza urukiko rurengera itegeko nshinga, aho biga ibijyanye no kubura k’ubutegetsi, bifite iminsi bifata, hariho inzira zigomba gukurikizwa".

Uyu munsi ku wa Kane, hateganyijwe inama y’abaminisitiri mu Burundi bivugwa ko yiga kuri ibi bihe igihugu kirimo nyuma yo gupfusha umukuru w’igihugu.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA