AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Umukozi mu kigo cy’ amashyamba yitabye Imana akimara kuganira n’ abanyamakuru

Umukozi mu kigo cy’ amashyamba yitabye Imana akimara kuganira n’ abanyamakuru
20-02-2019 saa 12:39' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 5309 | Ibitekerezo

Umugore wakoraga mu Kigo cy’ Amashyamba muri Tanzania yitabye Imana kuri uyu wa 19 Gashyantare 2019 akiva mu kiganiro n’ abanyamakuru

Glory Mziray, ubwo yasomaga raporo igaragaraza ibyakozwe n’ ikigo yari abereye umukozi ushinzwe itangazamakuru yiseguye avuga ko yumva atameze neza.

Abari muri iki kiganiro n’ abanyamakuru barimo n’ abayobozi muri guverinoma bavuga ko Mziray yatangiye imbwirwaruhame ye avuga neza ariko yasoje ibintu byahindutse.

‘Yatangiye gusa n’ utaye ubwenge ubwo yagiraga ibibazo by’ abanyamakuru. Turamusohora kugira afate akayaga’ niko umwe mu banyamakuru yavuze.

Mziray yahise ajyanwa ku bitaro bya TMJ Health Center , nyuma y’ akanya gato Dr Chris Peterson yavuze ko Mziray apfuye.

Umuryango wa nyakwigendera uvuga ko yari afite ikibazo cy’ umuvuduko ukabije w’ amaraso.

Muri raporo nyakwigendera yasomye mbere y’ uko apfa yavuze ko guverinoma y’ iki gihugu yazamuye ikigero cy’ uburyo ibungabunga amashyamba 7 arimo Ituru, Rondo, Pinndiro, Kalambo, Mwambesi na Aghondinakilinga.

Yavuze kandi ko guverinoma y’ iki gihugu iri kuganira n’ abayobozi b’ inzego z’ ibanze kugira ngo n’ andi mashyamba adafashwe neza yitabweho.

Nyakwigendera Mziray yavuze ko kubungabunga amashyamba bifitiye akamaro abantu bariho n’ abazabaho by’ umwihariko avuga ko amashyamba afite akamaro gakomeye mu bworozi bw’ inzuki.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA