Inzu zitandukanye by’umwihariko izubatse hambere ntabwo zifite inzira z’abafite ubumuga. Ari inyinshi mu zubakwa ubu zishyirwaho izira z’abafite ubumuga ku buryo ufite ubumuga uri mu kagare ashobora kunyura muri iyo nzira akazamuka akagera muri etage iyo ariyo yose yitwaye cyangwa asubikwa n’umuntu.
Ikigo kitwa Allgood Trio cyavumbuye ikoranabuhanga rishobora gukoreshwa ku buryo esikariye zishyirwa ku nzu umuntu ufite ubumuga nawe ashobora kuzikoresha akanze buto gusa.
Nk’uko bigaragara muri video yerekana uko uyu mugore ufite ubumuga bw’amaguru yanyuze ahari izi esikariye, hari buto iba iri ku ruhande uri mu kagare akandaho esikariye zikigiraho ahubwo hakaze asanseri aterekaho akagare k’abafite ubumuga atiriwe ahaguruka ikamuzamura kugera aho esikariye zigarukira.