AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Umwana w’ imyaka 7 yateweho amabere manini nk’ impano ya Noheli

Umwana w’ imyaka 7 yateweho amabere manini nk’ impano ya Noheli
17-11-2019 saa 15:23' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 7248 | Ibitekerezo

Juliet Manson yahawe na nyina impano idasanzwe ya noheli. ‘Kujya mu Bushinwa agaterwaho amabere manini’. Uyu mwana w’ imyaka 7 ngo yari amaze imyaka 2 yinginga nyina ubudasiba ngo azamubagishe agire amabere manini.

Dana Manson, nyina w’ uyu mwana avuga ko yagerageje kwigisha umwana we ko igihe ni kigera amabere ye azakura akaba manini ariko ngo uyu mwana yanze gutegereza.

Ati “Yabisabaga umunsi ku munsi. Mu isi nta kindi kintu akunda nko kugira amabere manini”. Niko uyu mubyeyi yabwiye ikinyamakuru NBC.

Uyu mubyeyi yajyanye umwana we mu baganga b’ imitekerereze baragerageza ariko biranga. Eduardo Ramirez yabwiye uyu mubyeyi ko uyu mwana afite ikibazo gikomeye cy’ agahinda gakabije ko icyamugirira umumaro ari uko bamukorera icyo umutima we ushaka.

Manson avuga ko yazengurutse mu mavuriro menshi yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika ashaka iribaga umwana we rikongera amabere ye yose aramuhakanira.

Manson yafashe icyemezo cyo kujyana umukobwa we mu Bushinwa, tariki 22 Ukuboza, mu minsi ibiri bahita bamubaga bamwogerera amabere mu gihe cy’ amasaha abiri byari birangiye kandi byagenze neza.

Iyi niyo mpano ya noheli w’ umwaka ushize uyu mugore yahaye umwana we. Agira ati “Yarishimye cyane amaze guterwaho amabere manini yari amaze igihe yifuza”.

Uyu mugore yashyize inkuru y’ umukobwa we ku rubuga rwa instagram bamwe baramwanjama bavuga ko atari akwiriye kureka umwana we abagwa ngo yongererwe amabere.

Rubanda kandi inanenga umuganga w’ imitekerereze wemeye ko uyu mwaka akorerwa icyo mu Cyongereza bita ‘plastic surgery’ akiri muto gusa Dana Manson avuga ko yakoreye umukobwa we igikwiriye ati “Ntacyo nicuza”.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA