Ibya Gitwe Harimo amacenga, kuki bamwe barimo na Muvunyi bifuza ko Jered yongera guhabwa intebe yo kuyobora Gitwe!!!? ahooooo ntiwasanga ashaka kugira....
Iteka Bwenge buke yarahakubitikiye! Pauvre vous, ibya Marceline, Jered, na babandi beguye byararangiye ahubwo ubu hakwiye kureba abari babari inyuma. lol
Mwubahamana we, singuciyintege ariko ngirubwoba iyo mbonye muvanga amasomo yo muri bibiliya nibitutsi kandi rero ntagishya kuko Gitwe niko mubaye insengero zihora zuzuye nkibaza aho ibyaha nubugome bihakorerwa bituruka. simvugira abanyamafuti ariko namwe mwibuke udutsiko mugira, uwo mudashaka ntamahoro mumuha mumuteza imbwa zikamurya mukamuteshumutwe nkaho mwamubwiye ko mutamushaka. Muge mureka kwitwaza Bible mumfuti. Ibya kayizari mubihe kayizari, umunyamafuti mumuhane, ubananiye mumujyane mumategeko nziko mukurikije inzira ya Kristo mwiyitirira mutahorana amatiku nakavuyo muhorana. Mujye musimbuka mwige uko ahandi babaho murebe uko inzego zikora mureke gukora nkabatarageze mwishuli aho iwanyu nta mukuru uhaba nkabatagirumuco ahubwo ufitijambo arufituwariwe
Mwubahamana we, singuciyintege ariko ngirubwoba iyo mbonye muvanga amasomo yo muri bibiliya nibitutsi kandi rero ntagishya kuko Gitwe niko mubaye insengero zihora zuzuye nkibaza aho ibyaha nubugome bihakorerwa bituruka. simvugira abanyamafuti ariko namwe mwibuke udutsiko mugira, uwo mudashaka ntamahoro mumuha mumuteza imbwa zikamurya mukamuteshumutwe nkaho mwamubwiye ko mutamushaka. Muge mureka kwitwaza Bible mumfuti. Ibya kayizari mubihe kayizari, umunyamafuti mumuhane, ubananiye mumujyane mumategeko nziko mukurikije inzira ya Kristo mwiyitirira mutahorana amatiku nakavuyo muhorana. Mujye musimbuka mwige uko ahandi babaho murebe uko inzego zikora mureke gukora nkabatarageze mwishuli aho iwanyu nta mukuru uhaba nkabatagirumuco ahubwo ufitijambo arufituwariwe
ndumva utugambo twabarenze woe iyo umuntu akuruta ABA kuruta gerdi baramuhemukira ariko ntacyo bizatangaye gusa Imana ikomeze kumubashisha
Mbashije gusoma iyi nkuru nsanga ari impimbano % ariko abanyarwanda babivuga neza bati "Agati kazasiga umugabo amabyi akanera inkubirane" Gitwe we kumazemo imyaka ingahe? kuki ikibaye cyose ujya mu binyamakuru?
ntabakuru mugira? muribuka ibyabaye 2015 cg mwibagirwa vuba ? uvuze ngo abize Ao c we abihagazeho niba Ao biga imyaka ine ubwo bazarangiza 2019.
nibwirire abayobozi nibajya bashwana ubwabo bajye bikemurira ibibazo byabo ntitujye tubimenya kuko turabihaze pe. ayo maze gutanga ni menshi niba niga Medicine nyayo simbizi ubu c koko muzahora muribi ?
Ibikoresho murabitira birazwizi hajya kuba audite mugategeka abanyeshuli kubeshya. Ndiba 2016 hari nursing eshatu A,B C umwaka wa gatutu mubwira uwari Presentantif ngo uvuge ko hari abanyeshuli 120 kandi ari 360 nibindi......
Ikiza mubanze mwicare hasi murebe ibibura mubyuzuze kuko urwanda twifuza muri kutwicira ejo heza pe. Education for all ntayo mwaba mwifiza turashaka Quality
Together Unit
Kwibona kubanziriza kurimbuka kandi umutima wirarira ubanziriza kugwa (Imigani 16:18 ). Inda mbi yishe ukuze
Wanze kumvira umutima nama uraseba nta kabuza
Byurya rero abacamanza bareba facts ntibareba ngo nasahakaga kuvuga iki n,iki. Umuntu ukuze wigisha Universite ntiyakagombye kuvuga ko bamuteze umutego aba akuze bihagije,aba agomba kuwusimbuka aba agomba gusubiza no kwirengera ibibazo byatewe n’umunwa we atabasha gutegeka. Ibindi ni amatakirangoyi
Ati “Mpuye na Philémon’’,ati†agashyamba nsanzwe njyamo†ati ni “Umutego bantezeâ€
ICYAHA GITERA UBWENGE BUKE MUBIMENYE ( Imigani 6:23)
Dusesengure: Uzi ubwenge,urakuze,nturi itungo uri Psychologically mature enough, You have a critical thinking,ntubana n’ubumuga bw’ibitekerezo,nta rwandiko rw,i Ndera werekanye ko waba warigeze kugira bene ibyo bibazo. Ufite ubwenge busesengura imitego uvuga ko baguteze ni nacyo ubwo bwenge buberaho, so ubaye nk,abo muri genocide bavugaga bavuze ngo barabashutse ngo bice. Ubwo se uwagushuka ngo wice umuntu wamwica? Ariko ndabona wamwica da, nkurikije ibyo uvuga.
Ubwo se ko EVA yavuze ngo ni SATANI wamushutse, ukeka ko atasaruye imbuto z,ibyo yabibye? Ayo ni amatakirangoyi. Hari uwavuze ko hari INJIJI ZIZE none koko ndabyiboneye,hama hamwe ureke gusaza imigeri.Iyo umuntu utazi Imana asamba ni ko bimera aba yumva n,abandi bose bapfa, ngo kuko nawe apfuye, cg se akamera nka ba bandi banduza abandi indwara ku bushake ngo nabo ntibayikururiye.
IRARI rirakura,rigatwita rikabyara icyaha, nacyo kikabyara urupfu (YAKOBO1:15)
Wowe wiyise NYIRAKANAKA wagira ngo ibyo wanditse ntiwabanje kubitekereza ho neza,kuko nyirubwite UMWANANKUNDI Marcelline ariyemerera ko amajwi yumvikana muri iyi AUDIO ari aye ( Son Propre Timbre de la voix = Pathognomonic sign), ubwo rero azi neza ibyo yavugaga, yari yabishyize ku murongo aho umunyeshuri yamusabaga kumwibutsa neza ibyo yavuga ageze aho yamutumaga. Ni uruca bana
Hari abayobozi bamwe nabo bajya bampa urwenya,bakavuga mu Kinyarwanda babwira abanyarwanda,itangazamakuru ryababaza impamvu z’ibyo bavuze, barangiza ngo†BANYUMVISE NABI SI IBYO NASHAKAGA KUVUGA†.
Ariko rero haracyari IBYIRINGIRO kubo MWUKA WERA agikabakaba bakabasha kumva batagendeye ku marangamutima yabo,bakemera nka ZAKAYO (Yesaya 59:1, Ibyahishuwe 20:3)
Umuntu wese ushakana IMANA umutima we wose nta buryarya, atuje kandi yiringiye azayibona (Yesaya 30:15)
Uramutse ufite umudayimoni ugukoresha ibyo udashaka washobozwa byose na KRISTO uguha imbaraga (Abafilipi 4:13) kandi ibidashobokera abantu ku MANA biba bishoboka (Matayo19:26)
Niba udasabana n’IMANA ,shakisha uko wamenya ibyo UWITEKA ashima kandi ashaka (Abefeso 5:10) ntugashake guteza ibibazo abasenga kuko uba urimo gukorera Satani akazi kandi akazi kose kagenerwa igihembo kandi rero nta rwitwazo kuko ntawakubujije gusabana nayo (Matayo 11:28)
Witonde rero kugira ngo umucyo ukurimo utaba umwijima ( Luka 11:35)
FRW abantu barimo gushakana ingufu bakanayapfa si yo atera ibyishimo,ntabwo ari IMANA yayaremye ahubwo mushake uko mwamenya ibyo UWITEKA ashima kandi ashaka (Abefeso 5:10). Amen
IMANA ihe umugisha umuntu wese uha agaciro imiburo yayo kandi wifuza kugira ubwenge bwo kuyubaha no kuyubahisha mu byo akora byose aho ariho hose. Amen
Ishyari rirabishe, uriya Musaza Gerard mushaka gusenyera, ntabwo Leta yabyihanganira na busa pe. mwese muri abanzi b’iterambere gusa.
Ibyudutsiko nitonesha ndetse nibinyoma byaho ni amabanga akomeye cyane.kuhiga birutwa nokuba muri gereza.muzajyeyo mubatunguye muzamenya ukuri
Ibyudutsiko nitonesha ndetse nibinyoma byaho ni amabanga akomeye cyane.kuhiga birutwa nokuba muri gereza.muzajyeyo mubatunguye muzamenya ukuri
Ibyudutsiko nitonesha ndetse nibinyoma byaho ni amabanga akomeye cyane.kuhiga birutwa nokuba muri gereza.muzajyeyo mubatunguye muzamenya ukuri
bigaragara ko iyo inkuru iguze niyihe mpamvu muhitisha ibitekerezo by a cote imwe
ntabwo ari amajwi yatahuwe kuko birukana uriya mugore banditsemo ko bafite amajwi bamufashe wibeshyarero ngo yaratahuwe ,ikindi Niko ibyo bikoresho minister yavugaga byari baringa ntabyari bihari. byari byaratiwe ibutare kubitaro by a Gitwe centre De sante nahandi nibyinshi ibyagitwe nimubyihorere pe.
Uramutse wumvise neza iki kiganiro warangiza ukumva neza nanone witonze iyi audio wabona mo byinshi rwose kuko na none wowe wiyise jea damascene ntabwo uzi neza aya majwi
na ba nyirayo uramutse ubazi neza ukamenya n’imivugire yabo ntabwo wakwandika bino wanditse urabesha neza neza nka Semuhanuka twize mu mateka y’uRwanda,
wiyobya amarari rero wiyitirira izina ushaka guharabika nyiraryo!
Niba utanga igigekerezo cyawe bwite ntabwo ugomba kugitanga murindi zina ry’umuntu ushaka kumuharabika witwaje urwango ufite mu mutima wawe,
wakwiyita andi mazina cyangwa waba ushaka ko twese tukumenya ugashyiraho amazina yawe bwite ukareka gusiga isura yawe mbi ugaragaza hano ku wundi muntu.
Dore rero jyewe icyo nabonye muri nkuru mu buryo bwanditse ikozwemo hamwe n’amajwi ayiherekeje:
Gitwe ibaye isibaniro ry’urwangano kugeza aho runyuzwa mu banyeshuri baje kwiga amasomo y’ingirakamaro aho kuza kwigishwa kwangana no kugambanirana.
Niyo mpamvu rero nagira aba bana bo rwanda rw’ahazaza ko bagakwiriye kwirinda uwabakururira mu mico nk’iyi mibi.
Kwiga kandi bakiga neza cyane byaba ikintu k’ingenzi kizabageza ku ntego y’abazanye yo kunguka ubwenge bwo buzababera umurunga(inkingi) w’iminsi iri imbere aha,
Niba umuntu yaraje kwiga icyo ni cyo cy’ingenzi cyambere ya byose kabone naho byagusaba kurara amajoro wiga wabikora ukabasha gutsinda cyane ukazishimira umusaruro wabyo,
Ngaruke kuri aya matiku avugwa mo mbereye ku bayobozi nyirizina:
Umuntu afata umugambi wo kujya kwaka akazi ntawundi ubimuhatiye, iyo akazi kabonetse wakagombye kugakora neza kandi neza cyane kugira ngo ubone mo umusaruro mwiza,
Niba rero akazi gahagaze wakagombye rero kwakira ihagarara ryako ukagenda rwiza udasiribanze ibyo wasize kuko ubyo dukora kuri iyi si bizadukurikirana kugeza igihe tuzapfira,
Ibi bivuze ko n’iyo waba urenganijwe bakakwirukana birashoboka ko wakwirukanwa urengana maze byazagaragara ko warenganaba birashoboka ko wagarurwa mu kazi dore ko iri shuri ryigenga bishoboka ko wagarurwa mu kazi,
Nta burambe mfite kuri iyi si bwatuma nigira intyoza ariko imyaka mfite irampagije kugira ngo mbe narabonye byinshi byantera gutanga inama nk’izingizi muri byo hari byinshi tubona naho i Gitwe
kandi tukumva byinshi bituma tuyungurura tukabasha kumenya ukuri kw’ibintu bihabera byose,
Twe tuba hano i Gitwe twashimishijwe no kumva ko ishuri ryongeye gukomorerwa kwigisha abanyeshuri bari baratashye twahise twiruhutsa bitewe n’uko ubuzima twari tumaze mo iminsi bwari bubi bitewe n’uko mu burezi,
mu bucuruzi, mu buzima, iterambere ryose rya Gitwe iri shuri rifitemo uruhare ntagereranwa kuko niba umunyeshuri aje hano i Gitwe kwiga amafaranga yose azana uhereye kuri tike ya kwasiteri umuzana ugakomeza,
uwamutwaje ibyo azanye byose, nyiri icumbi azaturamo, ibyo kurya azarya byose, abamufasha mu buzima bya buri munsi(Kuvoma, kumesa, gukoropa, tutiyibagije abantu b’ingenzi batanga za serivise z’itumanaho batanga amafaranga Me2yu)
aba bose bakoresha kuri ya mafaranga aba yaje yitwaje kimwe n’ayo bamwoherereza nyuma yaraje bakoresha Telephone, bakoresha amabanki, akoresha amakampani ya taransiporo bohererezwa kuriye igizwe n’amafaranga
aha haheruka niho nibanda kuko bano bantu bose barahombye cyane kuko nta bundi buryo babonye bwasimbuzwa itaha ry’abanyeshuri;
reka ndangirize hano rero nsaba buri wese uboma aya makuru ko twakwirinda gusenya ibyagezweho duharanira icyateza imbere abanyarwanda kandi tugaharanira kubana neza aho guhora mu myiryane yo ntandaro y’ubwicanyi
buhera mu magambo bukazarangira bugizwe igikorwa cyambura bagenzi bacu ubuzima bwabo.
Ndashimira umuntu wese utanga igigekerezo cyubaka ariko na none nkagaya uzana ibitekerezo bisenya mu muryango nyarwanda ndetse no ku isi yose IMANA IDUHE AMAHORO NO KUBANA NEZA MU MAHORO AMENA
BURYA NTA KIMENYETSO KIRENZE IKI? AMAJWI, YOBOBOBOOOOOOOOO! UYU MWALIMU AHUBWO BAMUFUNGE
hahhha, abanyamakuru we muryayubusa kweri. Ibya kaminuza yigitwe namabanga banyarwanda mwe. nabagirinama yo gusoma mukicecekera. muzaperereze muzambwire uwahakoze akahava yishimye cyangwa batamugeretseho icyaha. gusa marceline mfiticyomugaya yabaye indangare umutego mutindi uramushibukana naho ubundi muzaganirize iyo team yabagambanyi mwumve icyo ibivugaho
Ese aba bantu ninde wababwiye ko ariya majwi hari icyo yabafasha. Babure ubwuzuza ibyo basabwe ngo barajya mu binyamakuru
Ndumva ibyo yakoze ataribyo, gusa abanyeshuri biga Nursing Ao bamaze imyaka 4 batarayirangiza ibyo nabyo nibyo kunenga Kuva 2015??? Babuze aho babariza ubu Bari kwicuza amafaranga ndetse n’igihe cyabo bataye.
Wowe wiyise Aleluya rero buriya ushatse wabafasha kuburana kuko ndumva ubafitiye impuhwe kandi yenda wasanga ufite na Evidences ziruta iriya Audio maze ukaba AVOCAT DU DIABLE nabyo urabyemerewe, maze ukazafasha SHITANI kurya ku mujinya ugenewe BABULONI.
Leta yacu ndayizera ntabwo ikunda abayivangira,b’abanyamanyanga buriya izakurikirana neza yitonze, uzajya kumva wumve ababiri inyuma bose bavumbuwe maze basebe.
Ku bazi gusesengura neza iryo zina UMWANANKUNDI, rivuze byinshi cyane mu muco nyarwanda,abamwitabaje abateye umwaku,Satani azabahembera hamwe guseba ni ko ahemba arakwigarika iteka ugakanura amaso ukabura ayo ucira n,ayo umira.
Amahoro y’IMANA abane n,abayishakana umutima umenetse,abamenye ubutumwa bwiza bakabwirengagiza ku bw’ubwibone, icyubahiro,umururumba,ubujura bwihishe mu buryarya, ubusambanyi,niba MWUKA WERA akoresheje umutimanama, umuntu akumva umutima udiha,kwihana biracyashoboka kuko IMANA ni inyambabazi ibihe byose.Amen
None se kaminuza yafungishwa n amagambo nkaya yaba ari kaminuza bwoko ki? Niba atari itiku hari ikindi kibyihishe inyuma.
Ntimukabeshye, ntabwo uyu mugore wriwe uri kuvuga ahubwo n’undi witwa Nyirangendo eugenie, umugore wa Pr.
Iki kiganiro mugihe Police maze ikore akazi kayo amaherezo haraza kuvamo byinshi. mbahaye inama nziza.
Rugengande yararenganye, yazize amakosa yakozwe n’ibisambo byashakaga kwikiza abantu Gitwe, sinumva ngo hibwe menshi. kuba mucyaro we....
None se Kaminuza yongeye gufungwa? mudusobanurire neza. Mana, Gitwe yaba igasize.
jyewe niga i gitwe, uyu mwarimukazi yaratwigishije yagera mu ishuri ati ndarwaye, ndumva ntameze neza nditahiye...kumbi yari yihishe inyuma y’iki kintu cyo gusenya, Nzabambariwa.
Ndumiwe pe! iki kiganiro huzuyemo amatiku gusa, urumva ukuntu kwica ibitekerezo by’urubyiruko bikabije. ubuse uyu munru yakwigisha iki abana b’u Rwanda koko? buriya araje yake akazi ku yindi kaminuza! nayo ayisenye bene kariya kageni. Gitwe ko mbona ifite buri kimwe cyose bimeze bite? ni akumiro.
MBEGA AMATIKU WEEEEEEEEEE.NDUMIWE PE,CYAKORA BIRUMVIKANA KO HARIMPO IKIBAZO .BIRAKAZE KUMPANDE ZOMBI
Ubundi icyaha gitera ubugoryi gituma umuntu atekereza ko ariwe wenyine uzi ubwenge. Umuntu aturuka i kantarange yahabwa akazi, akigira ukomeye agashaka gusimbura ba bosses be,ndetse akigira inama yo gushaka ngo abakomeye bamufashe guhirika ibikorwa nka biriya byunganira Leta mu burezi.
Ese nk,ubu hari undi muntu cg NGOs cg inzego za batinyuka guha akazi abantu nk,aba b,abagambanyi?
Leta yakagombye kubakurikirana kuko barayivangira nabo batiretse
Indaya,abajura n,abanyamatiku bamenye ko IMANA itajya ibishimira,ntabwo ishobora guha umugisha abameze batyo cg ngo ihire imigambi mibisha yabo, niyo mpamvu SATANI bakorera yabatamaje, akaba yabahembye gukorwa n,isoni.
Birababaje kuba waramenye IMANA ukirirwa wiba ,usambana utikura,ugambana, warangiza ukajya ku ruhimbi kubwiriza ijambo ry,IMANA wowe ubwawe utarishyira mu bikorwa.
Abaheburayo10 : 26,27
Aabaheburayo 6:4-6
Ubundi icyaha gitera ubugoryi gituma umuntu atekereza ko ariwe wenyine uzi ubwenge. Umuntu aturuka i kantarange yahabwa akazi, akigira ukomeye agashaka gusimbura ba bosses be,ndetse akigira inama yo gushaka ngo abakomeye bamufashe guhirika ibikorwa nka biriya byunganira Leta mu burezi.
Ese nk,ubu hari undi muntu cg NGOs cg inzego za batinyuka guha akazi abantu nk,aba b,abagambanyi?
Leta yakagombye kubakurikirana kuko barayivangira nabo batiretse
Indaya,abajura n,abanyamatiku bamenye ko IMANA itajya ibishimira,ntabwo ishobora guha umugisha abameze batyo cg ngo ihire imigambi mibisha yabo, niyo mpamvu SATANI bakorera yabatamaje, akaba yabahembye gukorwa n,isoni.
Birababaje kuba waramenye IMANA ukirirwa wiba ,usambana utikura,ugambana, warangiza ukajya ku ruhimbi kubwiriza ijambo ry,IMANA wowe ubwawe utarishyira mu bikorwa.
Abaheburayo10 : 26,27
Aabaheburayo 6:4-6
uyu musaza w’i Gitwe niko amera buri gihe aba ashaka aho yerekeza ibibazo afite akorera umuntu urusyo. Umwalimu se yafungisha kaminuza ate? Ntimukabeshye! Ahubwo hakwiye kumenyekana niba uwo mwarimu ariwe wahamagaye cg yarahamagawe kuko uyu munyeshuri yari ari kuri mission.
Ntunguwe no kumva umuntu qtema ishami ryigiti yicayeho pe, nagahoma munwa.
Nonese nibura iyo nkozi yibibi iri mubugenza cyaha ngo ivuge abo bafatanije iyo migambi mibisha, !
Ahaaa ndumuwe koko
Iyi nkuru ni Gerard wayandikishije kuko buri gihe ibintu abijyana mu itangazamakuru. Uyu munyamakuru ahubwo yabonye umurengera. Rya Ku noti sha nawe wumve uko Yesu agira neza
Nejejwe no kumva Gitwe campus ibyayo bijya ahagaragara.
Leta ishami rishinzwe kugenzura no gukumira ibyaha ,ntirijenjekere aba abantu (agatsiko) nkaka gusenya ibikorwa remezo bifitiye abanyarwanda akamaro.
Kandi ndashima cyane impinduka ubuyobozi bwakoze kumiyoborere yikikigo aho bashyizemo umunyamahanga utitaye kumazimwe namatiku yakomeje kuharangwa. Twiteguye umusaruro uzava aho urushijeho Kuba mwiza kuwahatangwaga cyane cyane muburezi.
Birakwiye ko inzego z’Umutekano zibifite munshingano zitareberera abantu nkaba bashaka gusenya ibikorwa remezo. Kaminuza ya gitwe ifashije abanyarwanda batagira ingano ntibikwiye ko isenywa nagatsiko kinyangabirama ngo leta twese twemera ko yaciye umuco wo kudahana ireberere cyangwa iterere iyo.
Nibakurikiranwe akavuyo n amatiku Ahora hariya igitwe arandurwe.
Yegoko, uyu mukobwa ushuka abana ko numva ari kabutindi ra. Ahubwo police icungire hafi. Kuko imyigaragambyo iri organised muri ubu buryo ntiyemewe en plus umurezi. Mwalimu ntakwiye guhungabanya inyungu z’abanyarwanda. Kaminuza ni yacu twese.
Mutubarize MUVUNYI wa HEC icyo abivugaho!?