Apotre Mukabadege Liliane, umushumba w’Itorero Umusozi w’Ibyiringiro, avuga ko umugabo bahoze babana ariko bakaba baratandukanye byemewe n’amategeko, akwiye kumufasha hasi akamuvira mu buzima akareka ibyo kuvuga umubare w’abagabo bagiye bamurongora kuko ngo n’iyo baba 100 bitamureba.
Ibi Apotre Mukabadege Liliane yabitangarije Ukwezi TV nyuma y’uko abonye amakuru yatangajwe na Apotre Ibrahim Bizimana bahoze babana, aho yavugaga ko uyu muvugabutumwa amaze gushakana n’abagabo benshi, akavuga ko ibyo bitamureba yagakwiye kureba iby’urugo rwe kuko batandukanye buri umwe akongera gushaka.
Apotre Mukabadege avuga ko umugabo babana ubu ari we akenshi umwereka ibyavuzwe n’uwo batandukanye, ndetse ngo amufata nk’uwataye umutwe kuko aba avuga ibintu bitamureba na gato.
REBA VIDEO Y’IKIGANIRO YABITANGAJEMO BYOSE HANO :