AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Hari imyanya y’akazi 180 mu kigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare

Hari imyanya y’akazi 180 mu kigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare
25-05-2016 saa 15:12' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 3405 | Ibitekerezo 3

Nk’uko bigaragara mu itangazo Ukwezi.com dukesha ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, iki kigo kirifuza gutanga akazi ku bakozi b’igihe gito bazakora ubushakashatsi ku bakozi n’abashomeri (Labour Force Survey) ku myanya ikurikira :

- Abakarani b’ibarura (Interviewrs) - Imyanya 120, mu gihe cy’amezi abiri, inshuro ebyeri mu mwaka.

- Abazashyira nimero ku bazu atuwe (Listers) - Imyanya 60, mu gihe cy’amezi abiri, inshuro ebyeri mu mwaka

Ibyo usaba akazi agomba kuba yujuje :

 Kuba ari umunyarwanda,

 Kuba afite impamyabumenyi ya Kaminuza/Amashuri makuru (A0, A1) mu mashami akurikira : Ibarurishamibare, demography cyangwa ubukungu (economics)

 Ku bafite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye gusa (A2) bagomba kuba bafite nibura uburambe mu kazi k’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) aribwo : Ibarura ry’abakozi n’imirimo (Manpower Survey) n’igeragezwa ry’ubushakashatsi ku bakozi n’abashomeri (Labour Force Survey Pilot)

 Kuba afite ubuzima bwiza n’ingufu z’umubiri zibasha gutuma akora neza akazi asabwa kandi ashobora gukorera aho ari ho hose mu Rwanda

 Kuba abasha kuvuga no kwandika neza ururimi rw’Ikinyarwanda, kumenya icyongereza n’igifaransa ni akarusho.

 Kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire

 Kuba yiteguye kuboneka mu gihe cy’ibikorwa bijyanye n’ubushakashatsi

 Ufite undi murimo akora ntiyemerewe gukora ubu bushakashatsi kuko batabangikanywa n’indi mirimo

Ibyangombwa bisabwa muri dosiye isaba akazi :

 Ibaruwa isaba akazi yandikiwe umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda

 Fotokopi y’impamyabumenyi y’amashuri usaba akazi yize

 Umwirondoro urambuye w’usaba akazi (CV)

 Fotokopi y’Indangamuntu y’usaba akazi

 Icyemezo (Certificate) kigaragaza koko, ko ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye gusa (A2), yakoranye ubushakashatsi n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda mu mirimo twavuze haruguru

Abifuza gusaba aka kazi, basabwe kugeza dosiye yuzuye isaba akazi mu bunyamabanga rusange bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda bitarenze tariki 27 Gicurasi 2016 saa kumi z’umugoroba.

BISANGIZE N’ABANDI BIGERAGEREZE AMAHIRWE


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo 3
muhayimana anastase Kuya 26-05-2016

kuki batemera online

muhayimana anastase Kuya 26-05-2016

kuki batemera online

MUTONI moncah Kuya 26-05-2016

Is it allowed to send documents online ? Thnks

IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA