Nyuma y’ uko abakinnyi bane ba Rayon Sports berekeje muri mukeba wayo APR FC,nayo yamaze gusinyisha abagera kuri 7 muri 16 APR iherutse kwirukana barimo Imran Nshimiyimana, Herve Rugwiro, Kimenyi Yves , Mirafa Nizeyimana, Savio Nshuti, Rusheshangoga Michel na Maxime Sekamana ni abakinnyi ba Rayon Sports.
Amran Nshimiyimana yasinye amasezerano r’ imyaka ibiri muri Rayon Sports, Nizeyimana Mirafa nawe yasinye amasezerano y’ imyaka ibiri muri Rayon Sports , Rugwiro Hervé nawe yasinye amasezerano y’ imyaka ibiri. Sekamana Maxime nawe yamaze gusinya amasezerano yo gukinira Rayon Sports mu gihe cy’ imyaka 2.
Aba basore bose uko ari batatu nibo byamaze kwemezwa bidasubirwaho bari mu bo APR FC yirukanye mu mpera z’ icyumweru gishize , nyuma yo kutabona umusaruro yabifuzagamo ariko ubu bakamaba bamaze kwerekeza muri Rayon Sports.
Abandi bakinnyi birukanwe na APR FC bivugwa ko bashobora kwerekeza muri Rayon Sports ni Rusheshangonga Michel, Kimenyi Yves na Nshuti Dominique Savio.
Imran Nshimiyimana yageze muri Rayon Sports
Mirafa Nizeyimana nawe ni uko
Rugwiro Herve nawe yamaze kwemerera Rayon Sports kuyikinira imyaka 2.
Sekamana Maxime