AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Muhanga : RIB yataye muri yombi Umupadiri ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Muhanga : RIB yataye muri yombi Umupadiri ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu
12-02-2021 saa 16:12' | By Editor | Yasomwe n'abantu 5198 | Ibitekerezo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Padiri Habimfura Jean Baptiste wo muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu.

Amakuru dukesha Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, avuga ko Padiri Habimfura Jean Baptiste yafatiwe ku mupaka wa Rusumo agerageza gutoroka.

Uyu mupadiri akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 utarageza imyaka y’ubukure.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry avuga ko Padiri Habimfura afungiye kuri Stasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA