AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Ibaruwa ifunguye Joriji Baneti yandikiye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi

Ibaruwa ifunguye Joriji Baneti yandikiye Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi
7-05-2016 saa 08:18' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 5848 | Ibitekerezo 9

Nyakubahwa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu gihugu cyacu, maze iminsi mfite utubazo nibaza ariko nyuma yo kwibuka ko abanyarwanda twahawe umwanya n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, nsanze ngomba gusaba urubuga ukwezi.com bakampa umwanya nkabandikira ngamije kubasobanuza no gutanga ibitekerezo byanjye nkabereka uko nanjye mbyumva. Mbanje kugusaba kutumva amabwire, kuko hari abashobora kukubwira ko ntabwenge ngira, abandi ko Joriji ndi umurwayi wo mu mutwe, cyangwa se ko ntazi gutekereza kure, abo ubime amatwi ndabigusabye.

Nyakubahwa Minisitiri, nishimira uburyo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi iduteganyiriza, ikabinyuza mu gutegura ingengo y’imari ya buri mwaka, iba igenewe gukoreshwa mu bintu bitandukanye biduteza imbere nk’abanyarwanda. Mukomereze aho, ariko reka ngire icyo mbibariza. Buriya iyo muteguye ingengo y’imari, kuki mutarenzaho n’akayabo bamwe mu bayobozi bazanyereza abandi bakagasesagura, kandi mbona byarabaye ikibazo gikomeye ?

Aha ntimunyumve nabi, sinjye ubatunze agatoki ahubwo ndashingira ku bigaragazwa n’umugenzuzi w’imari ya Leta, kandi burya ndabikurikirana neza, rwose imibare ubwayo irivugira, ndetse mubinyemereye twabibara mu mibare ifatika kandi isobanutse.

Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, ubwo yemezaga ingengo y’imari y’umwaka wa 2014/2015, yemeje ko yari akayabo ka miliyari 1753,3. Icyo gihe rwose numvaga zihagije, numvaga byose bizagenda neza kandi koko abayobozi tuba tubafitiye icyizere muba mwabitubariye. By’akarusho noneho, hashize igihe gito hongereweho miliyari 6,4 kandi birumvikana byarushijeho gutanga icyizere... Nonese nyakubahwa Minisitiri, ko ayo mafaranga yari afite ibyo yagenewe, none umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta akaba yamaze guhishurira abanyarwanda ko miliyari magana abiri na cumi (210.000.000.000) zaburiwe irengero muri iyo ngengo y’imari, murumva bitazajya bitudindiza mu iterambere ? Ubwose ibyo ako kayabo kagombaga gukora byaba byarakozwe ?

Nyakubahwa Minisitiri, umuti uhamye wagakwiye kuba uwo gushaka uburyo bwizewe bwo kurwanya abayobozi mu nzego n’ibigo bya Leta barigisa cyangwa bagasesagura amafaranga yagenewe kuduteza imbere, ariko niba byarananiranye, ubwo ku ngengo y’imari hajya hanateganywa ko hari akayabo kazaburirwa irengero, bityo twe rubanda ntitubigenderemo ngo iterambere ryacu ridindire. Gusa nanone, ko mushinzwe imari n’igemigambi, mu igenamigambi mufite haba harimo kwishyuza nta kabuza bene abo baba baranyereje cyangwa bagasesagura ibyagenewe rubanda ?

Nyakubahwa Minisitiri, ndabasabye ngo muzabidukurikiranire kandi mukomeze mudukorere igenamigambi ritunyuze.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo 9
venuri Kuya 9-05-2016

uyu ni umusaruro wa uburezi kuri bose kuko birabaye kubona na joriji asigaye akora icukumbuye bigeze aha abandi namwe mugire umuco wo gusoma cyanee.

mushabe Stephen Kuya 8-05-2016

Andika Igitekerezo cyawe hanorwose abantu bakoresha umutungo wa Leta nabi bawugaruze

zuzu Kuya 8-05-2016

Cya joriji cyabaye bakame urabona ukuntu asoma agakurikira radio ? Guhera ubu nzajya nkura ubumenyi kubirenge bya joliji
Urumva ko nzaba baneti vuba

zuzu Kuya 8-05-2016

Cya joriji cyabaye bakame urabona ukuntu asoma agakurikira radio ? Guhera ubu nzajya nkura ubumenyi kubirenge bya joliji
Urumva ko nzaba baneti vuba

mugabo Kuya 8-05-2016

joriji urumuhanga ahubwo komeza ukebure abo bayobozi

NDAGIJIMANA Verite Kuya 8-05-2016

Ariko nawe joriji we ! ndumva ukaze kbs wararebye hatari ujye ukomeze utugerereyo,

NDAGIJIMANA Verite Kuya 8-05-2016

Ariko nawe joriji we ! ndumva ukaze kbs wararebye hatari ujye ukomeze utugerereyo,

john Kuya 7-05-2016

Ariko joriji ryose mbanza nawe usigaye warize wana ibise ubimenya gute ?

T Kuya 7-05-2016

Bareke barye nyine. Ukekako se iyi miturirwa mishya yose ivahe

IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA