Minisiteri y’ubuzima kuri uyu wa 1 Mata 2020 yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 7 bafite coronavirus bituma abarwayi bose bari ku butaka bw’ u Rwanda baba 82.
Abarwayi bashya babonetse barimo umuntu umwe wavuye I Dubai, umuntu waje aturutse mu Bwongereza, abantu babiri baherutse mu ngendo mu bihugu byo mu karere n’abantu batatu bahuye n’abanduye coronavirus mu Rwanda.
Kugeza ubu mu Rwanda nta muntu biratangazwa ko yakize coronavirus nta n’uwo bitangazwa ko yamuhitanye.
Leta y’ u Rwanda ikomeje gusaba abanyarwanda gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, uwiketse ko ayifite agahamagara nomero itishyurwa 114.