AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Umunyamakuru Tidjara Kabendera yasezeye muri RBA

Umunyamakuru Tidjara Kabendera yasezeye muri RBA
23-12-2020 saa 11:49' | By UKWEZI | Yasomwe n'abantu 10464 | Ibitekerezo

Umunyamakuru Kabendera Tidjara wari umaze imyaka igera kuri 18 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, yasezeye ashimirwa ubwitange n’umurava yagize mu mirimo ye muri iyo myaka yose yamaze ari umukizi w’iki kigo.

Kabendera avuga ko yatangiye gukorera RBA, tariki 10 Gicurasi 2002, ari nabwo ijwi ryumvikanaga bwa mbere kuri Radio Rwanda. Ni ukuvuga ngo hashize imyaka 18 yose akorera iki kigo gifite ibitangazamakuru bitandukanye birimo Radio Rwanda, Magic FM na Televiziyo Rwanda ari nabyo akenshi uyu mugore yakunze gukorera.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye, Kabendera yaciye amarenga ko yamaze gusezera ndetse na RBA imwifuriza ishya n’ihirwe.

Ubu butumwa bwagabanyijwe mu bice bitatu, butangizwa n’aho avuga ko “Hari ku itariki 10 Gicurasi imyaka hafi 18 ishize ubwo ijwi ryanjye ryumvikanaga bwa mbere kuri Radio Rwanda ! Byari nk’inzozi zibaye impamo kuri jye kuko nari narabyifuje Imana irabikora mbigeraho. Mu by’ukuri sinabyishoboje kuko nta bundi buhanga usibye Impuhwe z’Imana ! Ndashima cyane Imana yabikoze !”

View this post on Instagram

A post shared by Dada Kabendera (@dadakabendera_250_255)

Igice cya Kabiri cy’ubu butumwa avuga ko "Hari benshi twahuriye muri iki kigo iyo myaka yose, babaye inshuti, abavandimwe, abajama mbese ni Umuryango mugari nungutse kandi nabyo ndabishimira Imana ! Hari abo twahuriye mu cyo twita Show Biz, bose bari mu bafashije akazi nkora gukuza izina ryanjye !”

View this post on Instagram

A post shared by Dada Kabendera (@dadakabendera_250_255)

Yakomeje ashimira abakunda ibiganiro yakoraga, ati” Abakunzi mfite ndabizi ko ari benshi nta gushidikanya, mwese twabanye mu biganiro bitandukanye. Mwakomeje kungaragariza ko byose mwabikunze ubutitsa ! Ese ubu imyaka maze munyumva ntiyaba ihagije ra ?ubu sinayamanika ?”

Yashimiye ubuyobozi bwa RBA yakoragaho, by’umwihariko ashimira nyakwigendera Victoria Nganyira wamwakiriye mu kazi. Yashimiye abandi bakoranye barimo Marcel Rutagarama, Jean Lambert Gatare, Fidel Kajugiro Sebarinda, Christine Uwizeye n’abandi bensh

View this post on Instagram

A post shared by Dada Kabendera (@dadakabendera_250_255)

Kabendera Tidjara, ni umugore ufite urugo n’abana bane [abahungu babiri n’abakobwa babiri], ni umunyamakuru kuva mu 2002, aho yahereye kuri Radio5 yakoreraga i Arusha ahava ajya kuri Radio Rwanda nabwo kwihugura nyuma aza kuba umukozi.

Tidjara akigera mu Rwanda yahawe gukora ikiganiro cy’Igiswahili cyitwaga ‘Hodi Hodi Mitaani’, iki ni nacyo umubyeyi we, Kabendera Shinani yakoraga akiri ku Isi. Iki kiganiro kiri mu byatumye Tidjara yiyumvamo imbaraga zikomeye kuko yari atangiye gusigasira umurage wa Shinani.

Aherutse kubwira UKWEZI ko yagiye mu bucuruzi..


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA