Shangazi Jane, umuvuzi gakondo ufasha abantu batandukanye mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, urukundo, imibanire y’abashakanye n’umuco, agaya cyane kuba umuhanzikazi Young Grace yarashyize hanze amafoto yambitse ubusa inda y’imvutsi atwite, akavuga ko bishoboka ko nawe atazi uburemere bw’amahano yakoze.
Shangazi Jane ashimangira ko urubyiruko rukeneye guhugurwa kandi abantu bakuru bazi umuco badakwiye guceceka ngo umuco ukendere bareba. Avuga ko biteye isoni kuba umubyeyi utwite inda y’imvutsi yashyira hanze inda atwite yayambitse ubusa akagerekaho no guha umwanya umugabo atazi ngo akore kuri iyo nda nyamara umwana atwite atari uw’uwo mugabo.
Shangazi Jane avuga ko afatanyije n’abantu batandukanye bashaka gushyiraho ikigo gisagasira umuco nyarwanda, bagasubizaho urubohero aho bazajya bagira inama urubyiruko ariko bakanabafasha kumenya ibyo bakora byabateza imbere.
Amafoto yashyizwe hanze na Young Grace ntiyavuzweho rumwe
Uyu mubyeyi yasobanuye byinshi barimo gufasha abashakanye barimo abari baratandukanye bafashije gusubirana, avuga uburyo bafasha abagiye kurushinga n’ubuvuzi butandukanye batanga.
REBA VIDEO Y’IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE HANO :