Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Gashyantare 2017, Polisi yo muri Tanzania yataye muri yombi Wema Sepetu n’abandi bahanzi bazwi cyane muri iki gihugu aho bashinjwa ibyaha birimo gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge.
Wema Sepetu ukurikiranweho ibyaha birimo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge yamenyekanye cyane nk’umukinnyi ukomeye w’amafilime ndetse no mu mwaka wa 2006 akaba yarabaye Nyampinga w’iki gihugu. Yamenyekanye cyane mu bitangazamakuru kandi igihe yakundanaga na Diamond Platnumz.
Wema Sepetu yakunze kuvugwa cyane igihe yakundanaga na Diamond
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Gashyantare, nibwo umuyobozi w’umujyi wa Dar es Salaam, Paul Makonda, yashyizeho impapuro zita muri yombi Wema Sepetu ndetse na bamwe mu bahanzi barimo TID, Mr Blue, Chidi Benz, Recho n’abandi bashinjwa ibi byaha.
Wema Sepetu ni umwe mu byamamare byo muri Tanzania byatawe muri yombi
Komanda wa Polisi mu mujyi wa Dar es Salaam, Simon Sirro, yemeje aya makuru ndetse anatangaza ko iperereza rigikomeje kuko ngo hamaze gutabwa muri yombi abantu 5 gusa muri 17 bari ku rutonde rw’abashakishwa.
Ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge buri mu bibazo byugarije igihugu cya Tanzaniya dore ko gikomeje gutungwa agatoki ku kudafatira ingamba iki kibazo gifite uruhare runini mu koreka urubyiruko rw’ iki gihugu.