Iturika ryabereye hafi y’ikigo cya Gisirikare mu mujyi wa Bata muri Equatorial Guinea, ryaguyemo abantu benshi kugeza ubu habarwa abagera kuri 15 ndetse rikaba ryakomerekeyemo abagera muri 500.
Iri turika ryabaye kuri iki Cyumweru tariki 07 Werurwe 2021, bivugwa ko ryaturutse ku burangare bw’uburyo kubika nabi intambi muri kiriya kigo cya gisirikare.
Ku mbuga nkoranyambaga hakwiriye amashusho y’imyotsi myinshi n’ibyangiritse nyuma y’uko guturika. Televiziyo y’igihugu yerekanye abantu bari gushakisha abarokotse mu nzu zasenyutse.
Mu itangazo, Perezida Teodoro Obiang Nguema yavuze ko ibi byaturitse "byangije inzu hafi ya zose n’inyubako muri Bata", asaba ubufafasha bw’amahanga.
Yongeyeho ko ibi bishobora kuba byatewe no gutwika imirima ikikije ikigo cya gisirikare bikozwe n’abahinzi.
Mu makuru yashyizwe kuri Twitter na minisiteri y’ubuzima, yasabye abakorerabushake mu buvuzi kujya gutanga ubufasha mu bitaro bikuru bya Bata. Isaba kandi no gutanga amaraso yo gufasha inkomere.Ibitaro bimwe muri uyu mujyi byarengewe n’inkomere zahoherejwe, nk’uko bivugwa na TVGE. Yerekanye amashusho y’inkomere zirambaraye mu birongozi by’ibitaro.
Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uku guturika yerekanye abantu bagize ubwoba banyuranamo bahunga aha hantu.
Umwe mu batuye aha yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati : "Twumvise guturika tubona n’imyotsi, ariko ntituzi ibiri kuba."
Mu butumwa kuri Twitter, ambasaderi Olivier Brochenin w’Ubufaransa yihanganishije ababuze ababo, avuga ko ibyabaye ati "akaga".Ambasade ya Espagne yasabye abaturage b’icyo gihugu bahari kuguma mu ngo zabo inatanga telephone y’abakeneye ubutabazi.
UKWEZI.RW