Mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka 12 wiyahuye yimanitse mu mugozi bikaba bikekwa ko byatewe no kuba ababyeyi be bari bamaze kumuhana bamukubise akanyafu ka kibyeyi.
Uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, yiyahuye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mata 2021 ubwo ababyei be bari bamaze kumuhana.
Ibi byatumye inzego zirimo polisi zihita zitangira iperereza ku babyeyi b’uriya mwana witabye Imana nyuma yo kwiyahura yimanitse mu mugozi.
Kagabo Jean Paul uyobora Umurenge wa Kabarondo, avuga ko uriya mwana yari yateye amabuye undi mwana mugenzi we bigatuma iwabo bamuhana bya kibyeyi bamunyuzaho akanyafu.
Yagize ati “Bakimara kumukubita aragenda yishyira mu mugozi ariyahura, yabikoreye mu nzu aho basanze yimanitse mu mugozi. Batubwiye ko yuriye ku kabati yimanika mu mugozi arangije aragasunika karagwa asigara yinaganitse.”
Ababyeyi ba yakwigendera bakimara kubona ko umwana wabo yimanitse mu mugozi, bihutiye kumujyana kwa muganga ariko bagerayo yashizemo umwuka.
Uyu muyobozi yaboneyeho kugira inama ababyeyi, ati “Ni ibintu bitunguranye ariko ababyeyi nibarebe ibihano baha abana niba bitababaza cyane ngo babe batekereza nabi.”
Inzego zishinzwe kurengera uburenganzira bw’abana, zikunze gusaba ababyeyi kudaha ibihano bikomeye abana babo birimo n’ibi byo kubakubita gusa bamwe mu bagendera ku mibereho yo hambere bavuga ko umwana utanyujijweho akanyafu akura ari ikigomeke.
UKWEZI.RW