AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Burera : Umugore yabyariye abana batatu b’impanga mu nzira avuye kwitorera Abadepite

Burera : Umugore yabyariye abana batatu b’impanga mu nzira avuye kwitorera Abadepite
3-09-2018 saa 14:08' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 6745 | Ibitekerezo

Mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 3 Nzeri 2018 hirya no hino mu Rwanda abantu b’ingeri zose bagejeje ku myaka yo gutora bazindukiye mu matora y’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, mu karere ka Burera ho habaye ikintu cyashimangiye ubushake bw’abaturage mu kwishyiriraho ubuyobozi, aho umugore wari utwite inda y’imvutsi nawe yazindukanye n’abandi akajya gutora yavayo akiri mu nzira ataha akibaruka abana batatu b’impanga.

Umugore witwa Maniraguha Claudine wo mu kagari ka Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera, atitaye ku ntege nke nk’umugore wari ukuriwe n’inda, yazindutse yerekeza aho yagombaga gutotera ndetse aratora nk’abandi, ageze mu nzira ataha ahita yibaruka abana batatu b’impanga.

Majyambere Didace, Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi ko uyu mubyeyi yabaye umuhamya w’uko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa akamaro ko kwitorera abayobozi no kugira uruhare mu miyoborere y’igihugu.

Maniraguha Claudine n’abana batatu b’abakobwa yibarutse kugeza ubu amakuru agera ku kinyamakuru Ukwezi ahamya ko ubuzima bwabo buhagaze neza, bakaba boherejwe ku bitaro bya Ruhengeri biri mu karere ka Musanze kugirango bakomeze bitabweho n’abaganga.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA