AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Guverinoma yasohoye amabwiriza mashya ategeka abanyonzi, abamotari n’abagenzi kuba barikingije

Guverinoma yasohoye amabwiriza mashya ategeka abanyonzi, abamotari n’abagenzi kuba barikingije
7-01-2022 saa 12:32' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1992 | Ibitekerezo

Amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 yashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mutarama 2022, avuga ko abatwara Moto n’amagare n’abagenzi babigendaho bose bagomba kuba barikingije.

Aya mabwiriza yasohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatanu, agomba gutangira kubahirizwa tariki 10 Mutarama 2022.

Ingingo ya Kane (d) y’aya mabwiriza ivuga amashuri azatangira hakurikijwe ingengabihe isanzweho, ikavuga ko amabwiriza arambuye azatangwa na Minisiteri y’Uburezi.

Ingingo ya gatanu (e) ivuga kadi koi biro by’inzego za Leta bizakomeza gukora ariko buri rwego rugasabwa gukoresha abakozi bo mu biro batarenze 15% by’abakozi bose bakorera mu biro.

Naho ingingo ya munani (h) ikavuga ko abatwara imodoka rusange zitwara abagenzi bagomba gutwara gusa abagenzi bikingije kandi ko abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano.

Amabwiriza yari asanzweho yagenaga ko abagomba kugaragaza ko bikingije ari abaturuka cyangwa abajya mu Mujyi wa Kigali gusa.

Ingingo ya cyenda (9) ivuga ko “Moto n’amagare byemerewe gukomeza gutwara abagenzi hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Abagenzi bagenda kuri moto n’amagare bagomba kuba barikingije Covid-19 ndetse n’ababatwaye kuri moto n’amagare.”


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA