AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Hasohotse itegeko rigena ibisabwa ku munyarwanda ushaka gutunga no gucuruza imbunda

Hasohotse itegeko rigena ibisabwa ku munyarwanda ushaka gutunga no gucuruza imbunda
28-09-2018 saa 10:57' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 10655 | Ibitekerezo

Buri munyarwanda wese kimwe n’umunyamahanga utuye mu Rwanda cyangwa waje kuhatembera, ashobora gutunga imbunda yubahirije ibisabwa n’amategeko akanabyemererwa n’urwego rubifitiye ububasha. Buri munyarwanda wese kandi aramutse abisabye akanagagaza ko yujuje ibisabwa, ashobora gucuruza imbunda n’amasasu. Ibi byose bigenwa n’Itekeko rigenga intwaro ryasohotse mu Igazeti ya Leta.

Igazeti ya Leta Nimero idasanzwe yo kuwa 25/09/2018, ni yo yasohotsemo Itegeko N° 56/2018 ryo ku wa 13/8/2018 ryerekeye intwaro, ririmo ibisabwa n’amakuru ahagije ku bijyanye n’uwemerewe gutunga imbunda mu Rwanda, n’urwego rufite ububasha bwo kwemerera umusivili gutunga imbunga.

Ingingo ya 3 y’iri tegeko, ivuga ko gutunga no kugendana imbunda, ku buryo ubwo ari bwo bwose, uretse izigenewe Ingabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibyemererwa n’amategeko, bigomba uruhushya rwanditswe rutangwa n’Ubuyobozi Bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.

Ingingo ya 4 y’iri tegeko yo ivuga ko uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda, amasasu n’ibindi bijyana nabyo, rwishyurirwa buri mwaka amafaranga agenwa n’Iteka rya Perezida, bivuga ko aya mafaranga ashobora guhinduka bitewe n’Iteka rya Perezida riheruka rivuga kuri iyi ngingo.

Mu ngingo ya 7 y’iri tegeko, hagaragaramo ibisabwa ku muntu wifuza uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda. Iyi ngingo ivuga ko uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda ruhabwa :

  • Umuntu wasinyanye amasezerano na Polisi y’u Rwanda yemeza ko aramutse ahawe imbunda, amasasu yazo n’ibindi bijyana na byo atazabikoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko ;
  • Abagenzi bafite icyemezo cya Leta y’Igihugu cyabo, cy’uko imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo bigenewe gukoreshwa nabo ubwabo gusa ;
  • Ibigo by’abikorera bishinzwe gucunga umutekano.

Ingingo ya 8 y’iri tegeko yo igaragaza ibisabwa kugira ngo umuntu yemererwe gutunga no kugendana imbunda, igasobanura ko kugira ngo umuntu yemererwe gutunga cyangwa kugendana imbunda, agomba kubahiriza ibi bikurikira :

  • Kwandikira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda agaragaza impamvu asaba gutunga imbunda ;
  • Kuba ari inyangamugayo ;
  • Kuba afite nibura imyaka makumyabiri n’umwe (21) y’amavuko ;
  • Kuba afite icyemezo cya muganga wemewe na Leta cy’uko atarwara indwara zo mu mutwe ;
  • Kuba afite icyemezo cy’uko azi gukoresha imbunda gitangwa na Polisi y’u Rwanda ;
  • Kuba atarakatiwe burundu igihano cy’igifungo kingana cyangwa kirengeje amezi atandatu (6) ;
  • Kugaragaza icyemezo cyo gutunga no kugendana imbunda cyemewe n’amategeko ku munyamahanga wagihawe.

Icyakora, Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bushobora kudatanga uruhushya rwo gutunga cyangwa kugendana imbunda.

Umuntu wujuje ibisabwa n’iri tegeko, yemerewe gutunga imbunda imwe (1) igenewe guhiga, siporo cyangwa kwitabara. Icyakora ubifitiye uruhushya rutangwa n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ashobora gutunga imbunda zirenze imwe (1).

Ingingo ya 10 yo ivuga ko Iyo abagenzi bakeneye gukoresha imbunda zabo mu Rwanda, bagomba kuba bitwaje uruhushya rwo gutunga imbunda, kuzigendana cyangwa guhiga bahawe n’ibihugu byabo, hanyuma iya 11 yo ikavuga ko umubare w’amasasu yemererwa umugenzi ufite uruhushya rwo gukoresha cyangwa rwo kunyuza imbunda mu Rwanda ugenwa n’Iteka rya Perezida.

Ingingo ya 12 y’iri tegeko, ivuga ko uruhushya rwo gutumiza, kwinjiza mu Rwanda, kohereza hanze no kunyuza intwaro mu Rwanda, rutangwa na Minisitiri ufite Polisi y’u Rwanda mu nshingano ze. Urwo ruhushya rugomba kugaragaza nibura ibi
bikurikira : itariki n’aho rwatangiwe ; itariki ruzarangiriraho ; igihugu zizagurwamo ; igihugu zizoherezwamo ; abo zigenewe bwa nyuma ; imiterere n’uko zingana ndetse n’ibihugu zizanyuzwamo.

Ingingo ya 13 ivuga ku bisabwa umuntu ku giti cye kugira ngo yemererwe gucuruza intwaro mu Rwanda, isobanura ko kugira ngo umuntu yemererwe gucuruza intwaro agomba :

  • Kwandikira ibaruwa ibisaba Minisitiri ufite Polisi y’u Rwanda mu nshingano ze akomekaho kopi y’irangamuntu cyangwa pasiporo ye ;
  • Kuba ari inyangamugayo ;
  • Kuba afite nibura imyaka makumyabiri n’umwe (21) y’amavuko ;
  • Kuba atarakatiwe burundu igihano cy’igifungo kingana cyangwa kirengeje amezi atandatu (6) ;
  • Kuba agaragaza ko afite ububiko bw’intwaro bufite umutekano ;
  • Kugaragaza ibyangombwa by’ubucuruzi ;
  • Kuba adakorana n’imitwe y’iterabwoba cyangwa n’umuntu ukora iterabwoba ku giti cye ;
  • Kubyemererwa n’Inama y’Abaminisitiri.

Iri tegeko risobanura ko nta na rimwe umucuruzi ashobora gutanga umubare w’intwaro uri hasi cyangwa hejuru y’uwanditse ku ruhushya rwe, kandi ko umusoro utangwa mu bucuruzi bw’intwaro, ugenwa hakurikijwe ibiteganywa n’itegeko rigenga imisoro mu Rwanda.

Bimwe mu byo kwitonderwa bigaragazwa mu ngingo zitandukanye z’iri tegeko :

  • Nta musiviri wemerewe gutunga intwaro zigenewe inzego z’umutekano za Leta. Iteka rya Perezida rigena intwaro zemerewe gutungwa n’abasiviri.
  • Nta wemerewe gusana, guhindura, gutanga cyangwa kubika imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo, keretse yabiboneye uruhushya rutangwa n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda.
  • Nta wemerewe gukodesha, gutiza, cyangwa kugwatiriza imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo mu buryo ubwo ari bwo bwose.
  • Umuntu wese utunze imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo ntashobora kubigendana atitwaje uruhushya rubimwemerera.
  • Gutanga amakuru atari yo ugamije kubona uruhushya rwo gutunga no kugendana imbunda bihanwa n’iri tegeko.
  • Iyo hari impamvu zibiteye, Minisitiri ufite Polisi y’u Rwanda mu nshingano ze agena uturere intwaro zibujijwe kunyuzwamo, gutungirwamo, gucuruzwamo cyangwa kugendanwamo
  • Iyo uwari utunze imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo mu buryo bwemewe n’amategeko apfuye, ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda burabisubirana.
  • Umuntu wese utunze imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo mu buryo bwemewe n’amategeko ashobora kubisubiza ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda igihe atakibikeneye. Iyo habaye impamvu yindi ituma yongera gukenera gutunga imbunda, amasasu n’ibindi bijyana na byo, abisaba hakurikijwe ibiteganywa n’iri tegeko.
  • Umuntu wese utunze cyangwa ugendana imbunda agomba kugenzura ko ifunze kandi ibitse neza ku buryo idashobora kwirasisha ubwayo.
  • Umuntu wese utunze imbunda yo kwitabara akayirashisha, agomba guhita abimenyesha mu nyandiko ibiro bya Polisi y’u Rwanda bimwegereye, kopi yayo ikagenerwa ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda. Utunze imbunda yo guhiga cyangwa iya siporo, atanga raporo y’imikoreshereze yayo ku buyobozi buvugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo mu gihe cy’amezi atandatu (6).

INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA