Umunyapolitiki Ingabire Victoire wahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukwakira 2021, yarwitabye ariko ataha atabajijwe kuko yasabye kuzabazwa ari kumwe n’Umunyamategeko, akazasubirayo kuri uyu wa Kane.
Uyu mugore wakunze kuvugwa cyane muri Politiki yo kunenga, ihamagazwa rye ryamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukwakira 2021 ubwo yatangazaga ko yahamagajwe na RIB kuyitaba kuri uyu wa Kabiri.
Ku isaha ya Saa tatu n’igice (9:30’) yagombaga kwitabiraho, ngo yageze na we ari ku RIB nk’uko yari yahamagajwe.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry yatangaje ko Ingabire Victoire yubahirije isaha icyakoze ko ari we wisabiye ko ibazwa rye ryakwimurwa akazazana n’umunyametegeko we.
Ati “Yahageze ku masaha, asaba ko yabazwa afite Umwunganizi we mu mategeko, yabyemerewe kuko ni uburenganzira bwe. Azitaba ku wa Kane.”
Mbere yo kujya kuri RIB, ku wa Mbere tariki 18 Ukwakira, 2021, Mme Ingabire Victoire yatanze ikiganiro kuri imwe muri channel za YouTube, avuga ko yamenyeshejwe kwitaba kuri telefoni, avuga ko amaze kugirana imikoranire myiza n’Urwego rw’Ubugenzacyaha.
Ati “Barampamagara nkajyayo, kandi sinduhanya. Mpamagarwa n’abantu tuziranye, navuga ko maze kugirana imikoranire myiza na RIB.”
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha rwo ruvuga ko ruri mu iperereza ku byaha bifitanye isano n’ifungwa rya bamwe mu bakorera ibiganiro kuri YouTube barimo Umuyobozi wa Umubavu TV bafunzwe mu Cyumweru gishize.