AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Ishyaka rya Frank Habineza ryirukanye Abanyamuryango babiri bashakaga kurisenyera mu rindi

Ishyaka rya Frank Habineza ryirukanye Abanyamuryango babiri bashakaga kurisenyera mu rindi
25-10-2021 saa 11:23' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1430 | Ibitekerezo

Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) riyoborwa na Depite Frank Habineza, ryirukanye abanyamuryango baryo babiri kubera imigambi mibisha bari bafite yo kurisenyera mu rindi bashaka gushinga.

Itangazo ry’iri Shyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukwakira 2021, rigaragaraza ko ryirukanye Mutabazi Ferdinand na Tuyishime Jean Deogratious bari abambari b’iri shyaka.

Ni itangazo bigaragara ko ryanditswe kuri iki Cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021 ryashyizweho umukono Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’iri shyaka, rivuga ko iki cyemezo cyafashwe na Komite nyobozi y’iri shyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR).

Iri tangazo riri ku rubuga rw’iri shyaka, rivuga ko bariya barwanashyaka birukaniwe ibikorwa bibi byari mu migambi yabo irimo ubugambanyi bugamije gusenya iri shyaka.

Rivuga ko bashakaga gusenyera iri shyaka mu ryabo bagiye gushinga dore ko ngo bamaze igihe “bakangurira bamwe mu bayobozi b’Ishyaka gufatanya na bo muri uwo mugambi mubisha.”

Iri tangazo kandi rivuga ko nk’uwitwa Tuyishime Jean Deogratious yari aherutse kuvanwa ku rutonde rw’abakandida b’Ishyaka mu matora yabagize Inteko Nshingamategeko.

Ngo kiriya cyemezo cyashingiye ku kuba uriya Tuyishime Jean Deogratious ku kuba yararezwe mu rubanza rw’ubwambuzi.

Naho uriya Mutabazi Ferdinand usanzwe atuye mu Karere ka Ruhango we akaba yaribeshyeye ko yaburiwe irengera kubera imyenda abereyemo muramu we kugira ngo bigirwe impamvu za Politiki nyamara ari ubuhemu bwe.

Ishyaka Green Party ryitabiriye amatora y’umukuru w’Igihugu ya 2017 aho Dr Frank Habineza wari urihagarariye yagize amajwi 0,45% muri ariya matora yegukanywe na Perezida Paul Kagame wagize amajwi 98,66%.

Iri shyaka kandi ryitabiriye amatora y’Intumwa za Rubanda yabaye muri 2018 riza no kwegukana imyanya ibiri mu Nteko ubu irimo abarimo Dr Frank Habineza akaba na Perezida waryo.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA