Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye Inama ya Gatanu ihuza Umugabane wa Afurika n’u Burayi yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe Isi yose ikomeje guhangana n’icyorezo cya COVID19 giterwa n’agakoko gashya ka Coronavirus.
Ni inama yitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zitandukanye ku mugabane wa Afrika n’Uburayi, abayobozi b’ibigo mpuzamahanga by’ubucuruzi ndetse n’abandi bayobozi bayobora inzego zifata ibyemezo mu bigo n’inzego za leta cyangwa iz’abikorera.
Iyi nama yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, abayitabiriye baganiriye ku gushimangira ubufatanye hagati y’imigabane yombi nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro.
Ni imana yagaragayemo kandi n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa ku Isi, Madamu Louise Mushikiwabo.
This afternoon, President Kagame participates in the 5th Meeting on Europe-Africa Relations alongside other Heads of State and Government, where participants discuss strengthening the partnership between Africa and Europe. pic.twitter.com/ewHBJq8yzU
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) December 2, 2020