AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Perezida Kagame yakiriye Mushikiwabo na Charles Michel wa EU bari mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye Mushikiwabo na Charles Michel wa EU bari mu Rwanda
7-03-2021 saa 18:14' | By Editor | Yasomwe n'abantu 3200 | Ibitekerezo

Perezida Kagame Paul uyu munsi yakiriye Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Charles Michel ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo, bombi bari mu Rwanda.

Charles Michel na Louise Mushikiwabo bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, bari mu Rwanda aho bari mu bukangurambaga burebana n’ibikorwa byo gukingira icyorezo cya COVID-19 byatangiye muri iki cyumweru mu Rwanda.

Ubu bukangurambaga kandi bugamije gufasha ibihugu byo muri Africa gukomeza kubona inkingo muri gahunda yo kuzisaranganya y’Umuryango w’Abibumbye izwi nka COVAX.

Ubu bukangurambaga bugamije ubuvugizi, bunagamije gutuma habaho imikoranire ndetse no kuba ibihugu byagira amahirwe angana mu kubona inkingo nk’imwe mu ntwaro yo kurandura iki cyorezo cyugarije Isi.

Aba bayobozi b’Imiryango Ikomeye ku Isi kandi banitabiriye ibikorwa byo gutanga inkingo biri kubera mu Rwanda kuva ku wa Gatanu w’iki cyumweru.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA