AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Perezida Kagame yifurije Emmanuel Macron gukira Coronavirus

Perezida Kagame yifurije Emmanuel Macron gukira Coronavirus
24-12-2020 saa 10:28' | By UKWEZI | Yasomwe n'abantu 738 | Ibitekerezo

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifurije mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron umaze iminsi arwaye Coronavirus gukira bwangu no kuryoherwa n’iminsi mikuru isoza umwaka.

Ku wa 17 Ukuboza 2020 nibwo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yanduye icyorezo cya COVID-19 giterwa n’agakoko ka Coronavirus.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Bufaransa ’Élysée’ nibyo byatangaje ko Macron yanduye Coronavirus. Byavuze ko yapimwe agasanganwa virus mu mubiri we nyuma yo kugaragaza ibimenyetso byayo birimo umunaniro no gukorora.

Perezida Kagame yatanze ubu butumwa bwifuriza Perezida Macron gukira vuba abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter.

Yanditse amagambo agaragaza ko yifurije ’Perezida Emmanuel Macron gukira byihuse muri iki gihe cy’iminsi mikuru na nyuma yayo.’’


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA