Imibare ya Minisiteri y’ubuzima irerekena ko ubwiyongere bwa coronavirus yahawe izina rya covid-19 mu Rwanda buri kugabanuka ahubwo abayikira bakiyongera. ‘
Ni nyuma y’uko ibipimo byafashwe ku wa 19 Mata 2020 byerekanye ko abamaze gukira iyi virusi biyongereyeho barindwi bakaba 76 naho abanduye iyi virus bakiyongeraho batatu bakaba 147.
Kugeza ubu abakirwaye ni 71, nta muntu Minisiteri y’ubuzima iratangaza ko yahitanywe n’iyi virusi. Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel asaba abaturarwanda kutumva ko nta muntu irahitana ngo birare kuko ushobora kwirara ngo ni virusi idakanganye yaba yibeshye kuko hari ibihugu biri gutakaza abantu barenze 1000 ku munsi.
Ati “Umuntu wese agira uko yakira indwara ku giti cye, umwe ashobora kutagira ibimenyetso bikanganye akanakira wowe wayirwara akaba ariwowe wa mbere tubikira Abanyarwanda ko iyi ndwara yakwishe. Ntawe ukwiye kuyifata ajenjetse kuko niba yica abandi bantu ku isi se nihe dutaniye nabo, uretse ko abantu baracyaza hakiri kare abenshi ariko abantu batinda bakaduhamagara barembye baratuvuna mu kubavura nubwo ntawe dufite mu gice cyahariwe indembe”.
Leta y’ u Rwanda irasaba Abaturarwanda gukomeza gukurikiza ingamba zashyizweho zo kwirinda covid-19, zirimo kubahiriza intera ya metero, kudasuhuzanya baherezanya ibiganza, kutava mu rugo nta mpamvu yumvikana.