AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Abarimu bagejeje igihe cyo kwikingiza urwa gatatu basabwe kwikingiza mbere y’uko igihembwe gitangira

Abarimu bagejeje igihe cyo kwikingiza urwa gatatu basabwe kwikingiza mbere y’uko igihembwe gitangira
29-12-2021 saa 07:34' | By Editor | Yasomwe n'abantu 459 | Ibitekerezo

Abarimu bose bagejeje igihe cyo gufata doze ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19, kugana Ibigo Nderabuzima bagakingirwa uru rukingo mbere y’uko igihembwe cya kabiri gitangira.

Bikubiye mu itangazo rya Minisiteri y’Uburezi ryasohotse kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko ari irikangurira abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri gufata urukingo rwa gatatu rwa COVID-19.

Ritangira rigira riti “Minisiteri y’Uburezi irasaba abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bose bafashe urukingo rwa kabiri rwa COVID-19 ariko bagejeje igihe cyo gufata urukingo rwa gatatu rushimangira, kwihutira kujya ku Bigo Nderabuzima gufata uwo rukingo guhera tariki ya 29/12/2021.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Turasaba abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri gufata uru rukingo mbere y’ifungurwa ry’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2021/2022.”

Hashize ukwezi kumwe mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga doze y’ishimangira y’urukingo rwa COVID-19, aho iki gikorwa cyatangiriye ku byiciro byihariye bigizwe n’abakuze n’abafite indwara za karande.

Iki gikorwa kandi cyakomereje ku bindi byiciro birimo n’abafite imyaka kuva kuri 18 kuzamura ariko bamaze amezi atandatu bahawe doze zari ziteganyijwe.

Ubwo iyi gahunda yari igiye gutangira, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yamaze impungenge ababa bazifite, avuga ko atari ubwa mbere hatanzwe doze ya gatatu y’urukingo kuko bisanzwe binamenyerewe ku nkingo zihabwa abana.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA