AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Sobanukirwa iby’indwara ya diyabeti ikomeje guhitana benshi, umenye n’uko wahangana nayo

Sobanukirwa iby’indwara ya diyabeti ikomeje guhitana benshi, umenye n’uko wahangana nayo
16-01-2017 saa 14:32' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 3759 | Ibitekerezo

Diyabete cyangwa indwara y’isukari (diabetes mellitus) ni indwara yibasira uburyo umubiri ukoresha isukari (isukari yo mu maraso izwi nka glucose), uyirwaye akaba agira isukari nyinshi mu maraso, bitewe n’uko impindura (pancreas) iba itakibasha kuvubura umusemburo wa Ensiline (Insulin) cyangwa se uturemangingo tw’umubiri tutumva neza uwo musemburo.

Mu mwaka ushize wa 2016, ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) bwemeje ko Abanyarwanda bagera kuri 3% (hafi 360.000) barwaye diyabeti ariko ko ababizi batarenga ibihumbi 25, kuko abenshi batajya bayisuzumisha, ndetse yanabafata bakavuga ko ari amarozi kugeza ubwo ishobora kuba yanabahitana.

Ubusanzwe habaho ubwoko butatu bwa diyabeti butandukanye, n’ubwo ubuzwi cyane ari 2 ;

  • Hari Diyabete ya 1 (Diabetes type 1) : Aha impindura (Pancreas) ntibasha kuvubura wa musemburo wa ensiline (Insuline). Ubu bwoko buza umuntu akiri muto kandi igaragara ku bantu bacye.
  • Diyabete ya 2 (Diabetes type 2) : Impindura (Pancreas) ntibasha gukora insulin ihagije cyangwa se uturemangingo tw’umubiri twinangira ku mikorere ya insulin (insulin resistance). Ubu bwoko akenshi ntibugaragaza ibimenyetso, bigenda biba bibi uko igihe gishira. Umubyibuho ukabije, kudakora imyitozo ngorora mubiri no kurya nabi ni bimwe mu bishobora gutera ubu bwoko bwa kabiri. Uko umuntu agenda akura kandi niko ibyago byo kuyirwara bigenda byiyongera.
  • Diyabete iterwa no gusama (gestational diabetes) : Yibasira abagore batwite. Abagore bamwe na bamwe bagira isukari nyinshi mu maraso, umubiri wabo ntubashe gukora insuline ihagije mu gutwara iyo sukari no kuyibika mu turemangingo, nuko igakomeza kwiyongera mu maraso.

Bimwe mu bimenyetso n’ibiyiranga :

  • Kugira inyota ihoraho idashira
  • Kunyaragura cyane
  • Gusonza bidasanzwe
  • Kwiyongera ibiro cg gutakaza ibiro mu buryo budasanzwe
  • Guhora wumva unaniwe
  • Kureba ibicyezicyezi
  • Kugira ibisebe bidakira cg bitinda gukira
  • Kunyara inkari zihumura (ibi biterwa nuko hagaragara mu nkari ibyitwa ketones, biba byatewe nuko nta insulin ihagije iri mu mubiri)
  • Guhorana infections zitandukanye, nk’izo mu ishinya, ku ruhu ndetse no mu gitsina
  • Kumva umubiri udakomeye.

Ese waba uzi imiti y’umwimeree itagira ingaruka yagufasha guhangana n’iyi ndwara ?

Ni byiza kwirinda iyi ndwara kuko bishoboka, gusa birashoboka ko waba waramaze kurwara iyi ndwara kandi ikaba yaranakuzengereje. Ubu habonetse imiti myimerere ikozwe mu bimera kandi ikabayizewe ku rwego mpuzamahanga kuko ibifitiye ibyemezo mpuzamahanga (twavuga nka : FDA : Food and Drug Administration, n’ibindi). Iyo miti rero ikaba ifasha uturemangingo tw’impindura gukora neza bigatuma wa musemburo wa Ensiline utangwa neza, isukari ikajya kuri gahunda, kandi igatuma Diyabete itangiza ibindi bice by’umubiri. Muri iyo miti twavugamo nka : Glucoblock capsule, Balsam pear tea (Plant insulin), Chitosan capsule,..............Nta ngaruka igira kuko ikoze mu bimera.

Ku bifuza aho babona iyi miti y’umwimerere yizewe kandi yemewe yabafasha gukira burundu indwara ya diyabeti kimwe n’abashaka kuyirinda, bashobora kugana ivuriro Horaho Life rikorera i Kigali mu nyubako yo kwa Rubangura muri etaji ya 3 ku muryango wa 301 na 302. Ku bindi bisobanuro wabahamagara kuri 0788698813 /0728698813. Ushobora no gusura website yabo www.horahoclinic.rw


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA