Kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare 2017, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yambitse amapeti abofisiye bashya 478 harimo abakobwa 68, aho bari bamaze umwaka n’amezi arindwi mu myitozo yaberaga mu Ishuri Rikuru rya gisirikare riri i Gako mu Bugesera.
Iyi myitozo yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, imaze igihe cy’umwaka ndetse n’amezi arindwi ku bafite ubumenyi bwihariye. Iyi myitozo ya gisirikare yibanda ku ntego eshatu ari zo indangagaciro, ubunyamwuga n’ubumenyi rusange ; nabyo bigizwe n’amasomo yo kumasha, kwiyereka kwa gisirikare, imyitozo ngororamubiri.
Mu muhango wo kwambika aba ofisiye ipeti rya Sous - Lieutenant, Perezida Paul Kagame yavuze ko ingabo z’u Rwanda zifite amateka yihariye ari naho igihugu gikomora umurongo nyawo wo kubaka igihugu.
Yagize ati "Ingabo z’igihugu cyacu zifite amateka. Zifite aho zikomoka ari naho dusanga ibiduha umurongo wo gufasha kubaka u Rwanda."
Perezida kandi mu mpanuro yahaye aba bahawe ipeti rya Sous - Lieutenant, yababwiye ko imyitozo bahawe mu gihe kirenga umwaka ari iyo kubaka igihugu no kurinda ibyo u Rwanda rumaze kugeraho aho yabibutsaga ko inshingano zabo atari ukurinda igihugu ahubwo ko ingabo za RDF zigira uruhare mu iterambere ry’abaturage.
Berekanye ubuhanga bafite mu karasisi bakoreye imbere y’umukuru w’igihugu
Abasirikare bakomeye bari bitabiriye ibi birori
Perezida abambika amapeti
Ababyeyi bafashe umwanya wo kubashimira ku bw’intambwe bateye
Perezida Kagame asuhuza imiryango y’abofisiye bashya yari yaje gufatanya nabo mu byishimo byo guhabwa iri shimwe
Mu gusoza hafashwe ifoto y’urwibutso