AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Burera : Basanze umurambo w’umugabo mu cyobo kiri ku ivuriro

Burera : Basanze umurambo w’umugabo mu cyobo kiri ku ivuriro
31-01-2021 saa 12:13' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1263 | Ibitekerezo

Uyu murambo w’umugabo utaramenyekana, bawusanze mu cyobo basanzwe baviduriramo umwanda mu kigo Nderabuzima cya Gahunga mu Karere ka Burera, ubwo bajyaga kuvidura bakabonamo uwo mubiri.

Abakozi b’iki kigo nderabuzima cya Gahunga ubwo bajyaga kuvidura ku wa 29 Mutarama bakuyeho beto bagahita babona uwo murambo, bagahita bamenyesha inzego.

Umuyobozi wa kiriya kigo Nderabuzima, Nasabyimana Martine yemeje aya makuru ko uriya murambo wabonetse mu cyobo cya ririya vuriro ariko ko bataramenya imyirondoro ya nyakwigendera.

Yagize ati "Ntabwo yari yamenyekana kuko nta n’uwigeze arwarira iwacu, nta n’umuntu wari wamumenya gusa, ukurikije uko uwari ugiye kuvidura yambwiye ngo wabonaga umubiri we waba utarengejemo iminsi nk’ibiri."

Avuga ko uriya murambo bawubonyemo mu gihe cy’umugoroba ku buryo batabashije kurara bawukuyemo, bucya ari byo bazindukiramo.

Yagize ati “Baraye bagerageje kuwukuramo ntibyakunda urumva bwari bunije ariko ubu ni byo tukigerageza dufatanyije n’izindi nzego harimo na Polisi.”

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA