Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Mata 2017, impanuka ikomeye y’imodoka yabereye mu Gatsata aho bita Kanyonyomba hafi yo ku bigega, amakuru agera ku Kinyamakuru Ukwezi.com akaba ashimangira ko yahitanye ubuzima bw’abantu bagera kuri batatu mu gihe abandi bakomeretse bikomeye.
CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi.com ko iyi mpanuka koko yabaye, aho yavuze ko ari imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav4, yagonze abantu ku muhanda barimo abanyamagare n’abanyamaguru batambukaga abantu batatu bagahita bahasiga ubuzima. Yavuze kandi ko uwari utwaye iyo modoka yari yanyweye inzoga nyinshi.
CIP Emmanuel Kabanda yagize ati : "Saa 06:45 za mugitondo, Imodoka Rav 4 RAC 820 K yari itwawe na Hirwa Clement yavaga i Nyabugogo yerekeza i Karuruma, igeze Kanyonyomba igonga abanyamagare babiri n’abanyamaguru, kugeza ubu hamaze gupfa abantu 3 abandi 3 bakomeretse bikomeye, iperereza riracyakorwa ngo hamenyekane impamvu y’iyo mpanuka, ariko igikekwa cya mbere ni ubusinzi kuko yari yanyoye inzoga nyinshi."