Gereza ya Kimironko mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2017, guhera ku masaha ya saa mbiri n’igice.
Ku isaha ya saa tatu, mu kiganiro ikinyamakuru Ukwezi.com cyagiranye na CIP Sengabo Hillary, umuvugizi w’amagereza yo mu Rwanda, yaduhamirije ko iby’iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro yabayeho ariko avuga ko nawe ari mu nzira ajyayo, akaza kudutangariza amakuru arambuye mukanya.
Iyi gereza ifashwe n’inkongi nyuma y’igihe gito iya Nyarugenge izwi nka 1930 nayo ifashwe n’inkongi y’umuriro, ndetse mu bihe byashize hakaba hari n’izindi zo mu ntara zagiye zifatwa n’inkongi.
BYINSHI KURI IYI NKURU NI MUKANYA