AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Gisagara : Imodoka ya Coaster y’abari bavuye mu bukwe yakoze impanuka

Gisagara : Imodoka ya Coaster y’abari bavuye mu bukwe yakoze impanuka
19-11-2018 saa 08:47' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 8152 | Ibitekerezo

Mu masaha y’urukerera rwo mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara habaye impanuka ikomeye y’imodoka ya Toyota Coaster yari itwaye abantu bari bavuye i Kigali mu bukwe, impanuka ikimara kuba umuntu umwe akaba yahise apfa naho abandi benshi barakomereka.

Iyi modoka ya kompanyi itwara abantu ya Alpha, yakoze impanuka mu masaha ya saa cyenda z’urukerera rw’ijoro ryo kuri iki Cyumweru. Iyi modoka yibirinduye igeze mu kagari ka Mugombwa ko muri uyu murenge wa Mugombwa mu gihe abari bagiye mu bukwe bendaga kugera iwabo kuko bari bagiye mu murenge wa Muganza wo muri aka karere.

SSP Ndushabandi Jean Marie Vianney, umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi ko iyi mpanuka yahitanye umuntu umwe naho abandi bagakomereka bakajyanwa kwa muganga.

Uyu muvugizi avuga ko icyateye impanuka kitaramenyekana kuko umushoferi yahise anatoroka ubu akaba agishakishwa ngo iperereza rikomeze, gusa bitewe n’amasaha impanuka yabereye hakaba hakekwa ko yatewe n’umunaniro ukabije w’umushoferi.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA