Abagabo batatu bo mu mirenge itandukanye y’akarere ka Kamonyi, bafungiwe i Runda mu karere ka Kamonyi nyuma yo gufatanwa udupfunyika twinshi tw’urumogi, Polisi ikaba isaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu guhashya ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11/7/2017 saa tanu za mugitondo, mu mudugudu wa Kabatsi, mu kagari ka Kigembe mu murenge wa Gacurabwenge hafatiwe abagabo babiri ari bo Nyirigira Jean Baptiste w’imyaka 29 wafatanwe amabure 520 y’urumogi na Kayumba Eugene w’imyaka 34 wafatanwe amabure 500 y’urumogi.
Hafashwe kandi Minani Eric w’imyaka 32, wafatiwe mu mudugudu wa Rugwiro, akagari ka Kidahwe mu murenge wa Nyamiyaga, afatanwa amabure 700 y’urumogi. Aba Bose bafashwe na Polisi ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda aho bari gukorerwa dosiye.
IP Emmanuel Kayigi, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyepfo, yatangarije ikinyamakuru Ukwezi.com ko Polisi y’u Rwanda ishima ubwo bufatanye kandi ikaburira buri wese uri mu biyobyabwenge ko yabireka kuko Polisi iri maso mu gutahura abo banyabyaha.