AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Mu mafoto : Mu Gakenke habereye impanuka y’ikamyo yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Mu mafoto : Mu Gakenke habereye impanuka y’ikamyo yafashwe n’inkongi irashya irakongoka
31-08-2020 saa 16:26' | By Akayezu Jean de Dieu | Yasomwe n'abantu 8645 | Ibitekerezo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere mu muhanda Kigali- Musanze habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo nini yafashwe n’inkongi y’umuriro irasha irakongoka gusa amakuru avuga ko nta muntu wayipfiriyemo.

Iyi nkongi yabaye ahagana saa sita zo kuri uyu wa 31 Kanama 2020, ubwo iyi kamyo yari igeze mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro.

Bivugwa ko iyi kamyo yo mu bwoko bwa rukurana yari ipakiye kawunga ubwo aho yerekezaga mu Ntara y’Amajyaruguru.

Abaturage bo muri aka gace babonye iyi mpanuka babwiye UKWEZI, ko ikamyo yabanyuzeho irimo gucumba umwotsi igeze imbere babona irakongotse gusa umushoferi wari urimo n’uwo bari kumwe ntacyo babaye kuko bahise bavamo.

Polisi y’igihugu ikorera mu Majyaruguru yahise izana kizimyamwoto ibasha kuzimya iyi kamyo gusa ibintu byari birimo byo byari byahiye ndetse n’imodoka yari yahiye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyabingo, Mukeshimana Alice yabwiye UKWEZI ko kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyabiteye ariko ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda no kurwanya inkongi ryahise ritabara baraza barazimya.

AMAFOTO : Nsengiyumva Edouard


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA