Urwego rw’ Igihugu rw’ ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Muhanga Ntezirembo Jean Claude akurikiranyweho gufata ku ngufu umukobwa ukora mu kabari.
Uyu mukobwa w’ imyaka 19 avuga ko yagiye kwa gitifu agiye gufatayo ibikoresho byo mu kabari, gitifu akamusaba ko baryamana.
Akomeza avuga ko baryamanye ku bushake bukarinda bucya, gusa mu gitondo uyu mukobwa yagiye gutanga ikirego.
Gitifu Ntezirembo Jean Claude yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Kanama 2019.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Beatrice, yavuze ko iby’itabwa muri yombi ry’uyu muyobozi yabimenye.
Yagize ati “Yafashwe iri joro ashinjwa ko hari umukobwa yafashe.”.
Uyu munyamabanga nshingwabikorwa w’ umurenge wa Muhanga kugeza ubu afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye muri aka Karere ka Muhanga.