Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwongeye kwibutsa abaturarwanda ko gukubita no gukomeretsa ari icyaha gihanwa n’ingingo y’ 121 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Ni nyuma y’uko itaye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karago, Kabarisa Salomon na Dusabimana Innocent Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kadahenda, mu murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuturage.
Batawe muri yombi kuri uyu wa 15 Mata 2020, bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Mukamira mugihe bakorerwa dosiye ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.