Umusirikare w’u Rwanda wari mu ngabo zagiye gucunga umutekano no kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrica yaguye mu gikorwa cyo gutabara abaturage mu Mujyi wa Bangui bari bagabweho igitero n’inyeshyamba, abandi bagera ku munani barakomereka.
Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Mata 2018, ubwo ingabo z’u Rwanda zari muri iki gihugu zatabazwaga ubwo abaturage bo mu mujyi wa Bangui bari bagabweho igitero n’inyeshyamba nk’uko AFP dukesha iyi nkuru ibitangaza.
Izi ngabo z’u Rwanda zagiye mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri iki gihugu, zatabajwe ku Cyumweru tariki ya 8 Mata 2018 , ubwo agace kitwa PK5 mu mujyi wa Bangui hagabwaga igitero n’inyeshyamba z’intagorwa za Kiislam .
AFP ikomeza ivuga ko uretse umusirikare umwe w’u Rwanda wahasize ubuzima abandi umunani bagakomereka, ngo hari n’abandi baturage 46 bakomerekeye bikomeye muri iki gitero, bose bakaba bari gukurikiranirwa mu bitaro bitandukanye bikorera muri uyu mujyi.
Centrafrique yahuye n’ibibazo by’umutekano muke kuva mu 2013 ubwo François Bozizé yavaga ku butegetsi ahiritswe n’umutwe wa Seleka ugendera ku matwara y’idini ya Islam. Kuva icyo gihe hatangiye kuba imirwano ishyamiranyije abakirisitu n’abayisilamu.