AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Papa w’abana 800 asubiye iwabo nyuma yo gutabara umuryango ngo utazima

Papa w’abana 800 asubiye iwabo nyuma yo gutabara umuryango ngo  utazima
19-06-2020 saa 10:23' | By Nsanzimana Ernest | Yasomwe n'abantu 6524 | Ibitekerezo

Diego, akanyamasyo gakomeye kamaze imyaka 50 mu kirwa cya Galápagos muri Equateur kasubiye aho kasubijwe aho kakuwe kamaze kwibaruka abana 800.

Aba bana 800 Diego yabyaranye n’utunyamasyo tw’utugore two Galápagos batumye utu tunyamasyo twari mu nzira yo gushira ku Isi tutazima.

Aka kanyamasyo kitwa Diego kamaze imyaka 100 ku Isi, imyaka 50 kari kayimaze muri Galápagos aho kajyanywe kavuye muri Espanola.

Paulo Proano, Minisitiri w’Ibidukikije mu gihugu cya Equateur yagize ati “Dufunze ipaji y’ingenzi. Diego n’utundi tunyamasyo 25 twasubiye iwabo. Dusubiye iwabo nyuma yo kunyura umuryango bigatuma utazima”.

Aka kanyamasyo Diego gapima ibiro 80, gafite uburebure bwa santimetero 90, iyo gasohoye ijosi uburebure buba metero 1,5.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA