AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

APR FC yasezereye ikipe yo muri Seychelles ihita ibona akazi ko guhangana n’iyo muri Mali

APR FC yasezereye ikipe yo muri Seychelles ihita ibona akazi ko guhangana n’iyo muri Mali
20-02-2018 saa 18:44' | By Muhizi Olivier | Yasomwe n'abantu 2279 | Ibitekerezo

Nyuma yo kunyagira Anse Reunion FC hano i Kigali ikayitsinda ibitego 4 ku busa, ikipe ya APR FC, kuwa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2018 yerekeje muri Seychelles mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup, uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri ukaba warangiye APR FC itsinze Anse Reunion ibitego 2 kuri kimwe.

Ni umukino watangiye ubona APR FC yajenjetse cyane kuburyo igice cyambere cyarangiye ari ubusa ku busa ariko mu gice cya kabiri APR FC bayibanza igitego cya mbere ku munota 49, maze nyuma y’icyo gitego APR FC nayo irakanguka ikina umupira mwiza byatumye ku munota wa 59 Rugwiro Herve atsinda igitego cya mbere cyo biba bibaye 1-1 ariko APR FC ikomeza gusatira maze Issa Bigirimana atsinda igitego cya kabiri, umukino urangira APR FC iyoboye n’ibitego 6 kuri 1 cya Anse Reunion FC .

APR FC ikomeje mu cyiciro gikurikiraho aho izahura na AC Djoliba yo mu gihugu cya Mali. Iyi kipe ya Djoliba Athletic yo muri Mali ni imwe mu makipe akomeye muri iki gihugu kuko ihangana iteka na Stade Malien, ndetse ikaba ikipe ikunzwe cyane mu murwa mukuru Bamako aho iherereye. Ni ikipe ifite amateka dore ko yashinzwe mu 1960, kandi ikaba yaragiye ihangamura ibihangange muri Afurika.

APR FC ifite akazi gakomeye ko kubasha gusezerera iyi kipe, kuko ari ikipe yagiye yisasira ibihangange mu mikino mpuzamahanga itegurwa na CAF. Nko muri 2012, yatsinze mu marushanwa nk’aya ikipe ya AC Léopards yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse itsinda na WAC Casablanca yo muri Maroc.

Nko mu mwaka ushize wa 2017, mu marushanwa nk’aya yabashije gusezerera ikipe yo mu misiri yitwa Al-Masry ndetse muri Mali batungurwa no kubona iyitsinda ibitego 2 yayirushije ariko muri iki gihugu hahise habamo ibibazo byo kwivanga mu mupira kw’abanyepolitiki bituma FIFA ikura amakipe yo muri Mali mu marushanwa mpuzamahanga, bituma iyi kipe ya AC Djoliba idakomeza muri aya marushanwa.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA