Ishyirahamwe ry’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda (AJSPOR) ryikomye ndetse rinamagana imyitwarire yaranze bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports baherutse kwibasira bamwe mu banyamakuru aho bivugwa ko bari basebeje iyi kipe yabo.
Ibyo kwibasira abanyamakuru byakozwe n’abafana ba Rayon Sports ku Cyumweru tariki 11 Werurwe 2018, mu mukino wa shampiyona wahuje iyi kipe na Marine FC I Nyamirambo kuri Sitade ya Kigali. Aho bivugwa ko aba bafana ba Rayon bumvikanye bakoresha imvugo n’indirimo zirimo amagambo asebya abanyamakuru ba Radio10, bivugwa kandi ko aba bafana bakoresheje n’imvugo nyandagazi zidakwiye mu muryango Nyarwanda.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe n’iri Shyirahamwe ry’Abanyamakuru b’imikino mu Rwanda (AJSPOR), kuri uyu wa Mbere tariki 12 Werurwe 2018, rikaba ryashyizweho na Perezida waryo, Butoyi Jean , bavuze ko ibyakozwe na bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bikwiye gufatirwa ingamba ndetse banasaba ubuyobozi bwa Rayon Sports kugira icyo bukora ku myitwarire y’abafana bayo.
Iri shyirahamwe risanga ibyakozwe n’abafana ba Rayon Sports ku banyamakuru ba Radio 10 ari ukubangamira uburenganzira bw’itangazamakuru amategeko agenga itangazamakuru no gushaka gutera ubwoba abakora uyu mwuga.