Ku munsi wa mbere wa Shampiyona ya Africa yo gusiganwa ku magare, amakipe atatu y’u Rwanda yakinnye yose yegukanye umwanya wa kabiri, yegukana imidari ya Feza.
Uyu munsi wa mbere wa Shampiyona ya Africa iri kubera mu Misisi, habazwe igihe amakipe yakoresheje.
Mu cyiciro cy’ingimbi (abagabo batarengeje imyaka 18) bakoze intera ya Kilometero 28, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Iradukunda Valens, Niyonkuru Samuel, Mugabo Hussein na Tuyizere Etienne, rwasoje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Algeria.
Mu cyiciro cy’abagore, u Rwanda rugizwe na Ingabire Diane, Mukashema Josiane, Nzayisenga Valentine na Tuyishimire Jacqueline, rwaje ku mwanya wa kabiri rukirikiye Afurika y’Epfo yegukanye umudari wa zahabu.
Mu bagabo, u Rwanda ruhagarariwe na Areruya Joseph, Habimana Jean Eric (wasimbuye Mugisha Samuel kubera uburwayi), Mugisha Moïse na Nsengimana Jean Bosco, naho baje kwegukana umwanya wa kabiri.
UKWEZI.RW