Umunyarwanda Areruya Joseph yegukanye agace ka kane (Etape 4) mu irushanwa rikomeye kurusha andi yose mu mukino w’amagare muri Afurika, La Tropicale Amissa Bongo, ahigitse abandi barimo n’abakina muri shampiyona zikomeye i Burayi
Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Mutarama 2018 hakinwaga agace ka kane (Etape 4) mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare, La Tropicale Amissa Bongo 2018, iri rikaba ari ryo rushanwa rikomeye ribera muri Afurika, dore ko riri mu cyiciro cya 2.1 ku rutonde rw’amarushanwa y’impuzamashyirahamwe y’imikino y’amagare ku Isi (UCI).
Ako gace kahagurukiye i Ndjolé bagasoreza Mitzic ku ntera y’ibirometero 182,5, aka kakaba ari ko gace kanini kuruta utundi twose tugize iri rushanwa.
Areruya Joseph yahise anegukana umwambaro w’umuhondo wari ufitwe na Carstensen Lucas ukinira Bike Aid yo mu Budage, uwo munyarwanda akaba ari we uyoboye urutonde rusange kugeza ubu mu gihe habura uduce dutatu ngo irushanwa risozwe.
Areruya Joseph akaba yaraherutse kwegukana Tour du Rwanda ya 2017 ubu akina nk’uwabigize umwuga muri Daimenstion Data ikorera imyitozo mubutariyani .