Mu mikino yo mu matsinda y’imikino y’irushanwa rya UEFA Champions League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Ugushyingo, ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yabonye amanota atatu nyuma yo gutsinda bigoranye, naho Manchester City nayo yihimura kuri FC Barcelona yayitsinze mu mukino ubanza.
Mu mikino yari itegerejwe cyane, harimo uwahuje ikipe ya Arsenal na Ludogorets Razgrad. Arsenal yatsinzwe ibitego 2 mu minota 15 ibanza y’umukino, ariko iza kubyitwaramo neza byose irabyishyura ndetse ishyiramo n’icya gatatu cy’intsinzi biba 3-2. Ibi byayihesheje gukomeza kuba iya mbere mu itsinda A aho ikurikiwe na Paris Saint Germain nayo yaraye itsinze Basel 2-1.
Ikipe ya Manchester City nayo yari yakiriye FC Barcelona, yabanje kotswa igitutu ndetse Lionel Messi abatsinda igitego mu minota ya mbere, ariko iki baje kukishyura banatsinda ibindi bibiri maze umukino urangira Manchester City itsinze ibitego 3-1. Gusa ntibyabujije ko Barcelona ikomeza kuba iya mbere mu itsinda C bihuriyemo.
Mu yindi mikino yabaye, Besiktas yanganyije na Napoli 1-1,
Benfica itsinda Dynamo Kyiv 1-0, Borussia Moenchengladbach inganya na Celtic 1-1, Atletico Madrid itsinda FC Rostov 2-1, naho Bayern Munich itsinda PSV Eindhoven 2-1.